Yanditswe na Imfurayabo Pierre Romeo
Meddy Saleh ni umwe mu bahanga mu bijyanye no gutunganya amashusho mu Rwanda. Yagiye akorana n’abahanzi benshi bakomeye mu Rwanda ndetse kugeza ubu ni umwe mu ba producer bihagazeho muri uyu mwuga.
Yahoze ari umugabo wa Shaddyboo ndetse banafitanye abana, yasobanuye iby’umubano wabo anasubiza bimwe mu bibazo benshi bamwibazaho.
Amakuru dukesha inyarwanda.com avuga ko Ku munsi wo kucyumweru Meddy Saleh umaze iminsi mu bitaramo bizenguruka bya Buravan yahaye umwanya abamukurikira kuri Instagram ngo bamubaze ibibazo bitandukanye. Benshi bamushimiraga akazi keza akora ndetse bamubwira ko ari umuhanga, bakunda ibyo akora.
Meddy Saleh yajyanye na Buravan mu bitaramo bizenguruka Afurika amazemo iminsi
Hari kandi n’abamubazaga niba ajya atanga akazi cyangwa umwanya wo kwimenyereza ku bashaka kumwigiraho, dore ko ubumenyi afite benshi babwifuza. Uretse abo, hari n’abagarutse ku bibazo by’ubuzima bwe bwite, birimo n’umubano we na Shaddyboo bafitanye abana 2 b’abakobwa. Benshi bamushimiye uburyo agaragaza gukunda abana be cyane, bamubaza icyo yaba yarapfuye na Shaddyboo bahoze babana nk’umugore n’umugabo.
Meddy Saleh yasubije ko icyo bapfuye ari ibanga rya babiri.
Hari kandi uwamubajije icyo yaba yarakoreye Shaddyboo cyamuteye kuzinukwa urukundo nk’uko aherutse kubitangaza. Shaddyboo aherutse kuvuga ko Meddy Saleh ariwe wamwambuye ubusugi agifite imyaka 19. Yanavuze kandi ko yazinutswe urukundo kuko ubwo aheruka gukunda yakomerekejwe cyane kandi agatenguhwa. Meddy Saleh abajijwe icyo yaba yarakoreye Shaddyboo, yasubije ko ntacyo, gusa ngo yubaha uyu mubyeyi cyane kandi akamukundira ko yamubyariye abana babo babiri b’abakobwa.
Meddy Saleh na Shaddyboo bahoze babana nk’umugore n’umugabo
Meddy Saleh w’imyaka 39 kandi yahishuye ko afite abana 3, avuga indimi 5 ndetse akaba akomoka ku munyarwanda no ku mwarabu wo muri Oman.