Friday . 19 April 2024

INKURU ZIGEZWEHO

  • 19 April » Minisitiri Muyaya yikomye MONUSCO ayishinja kuba ikibazo ku mutekano wa Congo – read more
  • 19 April » Minisitiri w’Intebe yatangaje amavugurura muri Kaminuza y’u Rwanda – read more
  • 19 April » Rubavu: Babuze umugezi utunganyije none bavoma amazi arimo inzoka – read more
  • 18 April » Rulindo: Kutagira ibagiro bitiza umurindi kurya inyama zabagiwe mu rutoki – read more
  • 17 April » Rulindo: Kompanyi yakoze umuhanda Base-Gicumbi yasize abaturage mu manegeka akarere ntikabimenya – read more

Minisitiri w’Intebe agiye gusuzuma ubusabe bw’abaturage ku izamuka ry’ibiciro by’ingendo

Tuesday 20 October 2020
    Yasomwe na

Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byatangaje ko byumvise ubusabe bw’abaturage ku izamuka ry’ibiciro by’ingendo, byizeza ko bigiye gusuzumwa vuba.

Mu ntangiriro z’icyumweru gishize ni bwo Urwego ngenzuramikorere RURA rwatangaje ibiciro bishya by’ingendo mu Mujyi wa Kigali no mu ntara, Abanyarwanda benshi batungurwa no kubona byazamuwe mu gihe RURA yo yavugaga ko hari aho uburebure bw’imihanda muri Kigali bwiyongereye bituma bazamura ibiciro.

Mu itangazo rishyizwe ahagaragara n’ibiro bya Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda ku mugoroba wa tariki ya 20 Ukwakira 2020, rigira riti “Twakiriye ibibazo by’abaturage birebana n’izamuka ry’ibiciro byo gutwara abantu. Minisitiri w’Intebe hamwe n’inzego zibishinzwe bazabifataho umwanzuro mu gihe cya vuba.”

Iri tangazo rishobora kwakiranwa yombi n’abanyarwanda batari bake biganjemo abakoresha imbuga nkoranyambaga bari bamaze iminsi botsa igitutu urwego rwa RURA ntibatinye no gusaba abayobozi bayo kwegura mu gihe bananiwe no kubisubiramo, bagaragaza ko bahayeho kuzamura ibiciro by’ingendo hatitawe ku muturage ahubwo hitawe ku mushoramari mu rwego r’ubwikorezi.

Ibi abakoresha izo mbuga nka Twitter babishingiraga ku buryo ibicoro by’ingendo mu Mujyi wa Kigali bari biteguye ko bisubira ku giciro byahozeho mbere ya COVID-19, na cyane ko yashegeshe ubukungu bwa benshi bukazahara bityo kuzamura ibiciro by’ingendo byaba byihuse.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru