Thursday . 25 April 2024

INKURU ZIGEZWEHO

  • 25 April » CNDD-FDD yaritsize ku bagerageje ‘coup d’état’ kuri Nkurunziza – read more
  • 24 April » Itangazo ryo guhinduza amazina – read more
  • 24 April » Nyabihu: Ababyeyi baratabariza abana barembejwe n’inzoka kubera kunywa amazi yo mu bigega by’ishuri – read more
  • 24 April » UNHCR yongeye kwitambika umugambi w’u Rwanda n’Ubwongereza ku bimukira – read more
  • 23 April » Rubavu: Abakora VUP bakoze ibihe bitatu badahembwa – read more

Uruganda Volkswagen rwo mu Budage rwatangaje ko ruteganya kujya ruteranyiriza imodoka muri Ethiopia

Tuesday 29 January 2019
    Yasomwe na

Uruganda rukora imodoka rwo mu Budage rwa Volkswagen, rwatangaje ko ruteganya kujya ruteranyiriza imodoka muri Ethiopia.

Ubuyobozi bw’uru ruganda bwabitangarije imbere ya Perezida Frank-Walter Steinmeier w’Ubudage, uri mu ruzinduko rw’iminsi ine muri iki gihugu.

Itangazo ry’uru ruganda rivuga ko ruzubaka aho guteranyiriza imodoka muri Ethiopia ndetse rukubaka n’ikigo cy’amahugurwa.

Nkuko icyegeranyo cy’ikigo Deloitte cyo mu mwaka wa 2014 kibigaragaza, Ethiopia ni cyo gihugu kirimo umubare muto cyane ku isi w’abatunze imodoka, aho hari impuzandengo y’imodoka ebyiri gusa kuri buri baturage 1000.

Abanya-Ethiopia benshi basanga bihenze cyane kugura imodoka kubera ko imisoro yo kwinjiza imodoka muri iki gihugu iri ku kigero cya 200%.

Zimwe mu modoka zikorwa n’uruganda Volkswagen

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru