Sunday . 6 July 2025

INKURU ZIGEZWEHO

  • 6 July » Huye: Abahinzi b’umuceri barataka igihombo baterwa no kuba ifumbire bayigura ibahenze – read more
  • 6 July » NYAGATARE: BIZIHIRIJE KWIBOHORA AHO URUGAMBA RWATANGIRIYE – read more
  • 6 July » ELON MUSK YATANGAJE KO AGIYE GUSHINGA ISHYAKA RYA POLITIKE – read more
  • 4 July » Burera:Hari akagari kamaze igihe katagira ibendera ry’Igihugu – read more
  • 4 July » Nyabihu: Bavuga ko kubura amazi bituma hari abanywa amazi yo mu bigega bikozwe muri za shitingi – read more

MINAGRI yesheje AGAHIGO: Yasezereye gutumiza imbuto hanze y’igihugu

Tuesday 7 September 2021
    Yasomwe na

Mutungirehe Samuel

Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr. Mukeshimana Gerardine, yatangaje ko muri iki gihembwe k’ihinga A 2021/2022 biteguye kubonera abahinzi bose imbuto z’ibigori, ibishyimbo, soya n’ingano ku kigero cyuzuye 100% ziturutse imbere mu gihugu hatongeye kubaho gutumiza imbuto hanze y’igihugu.

Yabitangaje kuri uyu wa Kabiri, asobanura ko Leta itazongera gutumiza hanze izo mbuto kuko zose zisigaye zituburirwa imbere mu gihugu kandi zihagije abazikeneye bose bityo uzajenera izivuye hanze atazafashwa muri gahunda ya Nkunganire.

Yagize ati, "Muri iki gihembwe k’ihinga tugiyemo ni bwo tugeze ku kuba twihagije ku mbuto ku kigero cya 100%. Harimo Soya, harimo ingano, harimo n’ibigori.

Ibyongibyo rero muri iyi sezo (igihembwe k’ihinga) ntabwo tuzabitumiza, ni yo mpamvu no mu mabwiriza twatanze twerekanye ibiciro by’imbuto leta itangaho Nkunganire, turavuga tuti nta mbuto iturutse hanze tuzongera kunganira; uzayishaka azayigure 100% ku mafaranga ye ariko izo leta izunganira ni izatuburiwe mu gihugu."

Imbuto zituburirwa mu Rwanda muri raboratwari y’Ikigo k’Igihugu cy’Ubuhinzi n’Ubworozi RAB, ahakorerwa ako kazi umunsi ku munsi.

Mu mwaka wa 2018 u Rwanda rwihaye intego yo guhagarika gutumiza hanze imbuto zitandukanye zo mu buhinzi, kuva ubwo hatangira gutuburwa imbuto y’ibigori hakorwa inziza zitandukanye kandi zitanga umusaruro kuri hegitari ukubye hafi kabiri uw’izitumizwa hanze rimwe na rimwe zageraga ku bahinzi igihembwe k’ihinga Kiri kugana ku musozo cyangwa n’izije zikagira ibibazo by’uko zitatubuwe zigenewe ubutaka bwo mu Rwanda zimwe ntizere.
Gutubira imbuto ntibigarukira gusa kuri izo z’ibinyamisogwe n’impeke, ikigo RAB kandi gifatanya n’abatubura imbuto y’ibirayi kugira ngo nayo izajye iboneka mu gihugu 100% buri gihe.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru