Wednesday . 2 July 2025

INKURU ZIGEZWEHO

  • 29 May » Nyamasheke: Arasaba ubufasha bwo kwivuza igufa ryo mu itako kubera bamuciye menshi – read more
  • 29 May » Ingaruka dufite ni iyi nzara n’urupfu - Umwe mu baturage b’i Nyamyumba, avuga ku ngaruka z’ubusimba bwateye imyaka yabo – read more
  • 28 May » PEREZIDA KAGAME YAGIRANYE IBIGANIRO NA PEREZIDA WA KAZAKHSTAN – read more
  • 28 May » IKINTU KIBI TRUMP AZI CYABA NI INTAMBARA YA 3 Y’ISI: MEDVED ASUBIZA TRUMP – read more
  • 28 May » Amerika yahagaritse gusuzuma Visa z’abanyeshuri. – read more

Muri Zimbabwe uyu munsi bahaye imyigaragambyo...

Tuesday 15 January 2019
    Yasomwe na

Muri Zimbabwe uyu munsi bahaye imyigaragambyo mu gihugu hose nyuma yaho Perezida Emmerson Mnangagwa azamuye igiciro cya lisansi ho inshuro zirenga ebyiri.

Nkuko tubucyesha BBC, abari mu myigaragambyo basubije inyuma amakamyo kandi banabuza amabisi gutwara abagenzi mu mijyi ikomeye.
Abigaragambya i Harare mu murwa mukuru wa Zimbabwe bakoresheje amapine batwitse n’ibibuye binini bafunga imihanda mikuru.

Amapine yatwitwe na bigaragabya

Naho i Bulawayo mu mujyi wa kabiri w’icyo Gihugu , polisi yakoresheje ibyuka bibabaza amaso mu gutatanya amatsinda y’urubyiruko rufite uburakari.

Mu kiganiro cyanyuze kuri televisiyo mu mpera z’icyumeru gishize, umukuru w’igihugu yavuze ko gucuruza lisansi mu buryo butemewe n’amategeko aribyo byateye ibura ryayo.

Yiyeje gufata ibyemezo bitandukanye mu rwego rwo gufasha abakozi ba leta basanzwe bahembwa umushahara uri hasi.

Ikibazo cy’ubukungu bwa Zimbabwe butifashe neza kimaze imyaka irenga 10.Cyaturutse ku inyeganyezwa ryabaye mu gihe cy’ubutegetsi bwa Robert Mugabe.
Hari ikibazo gikomeye cy’ibura ry’amafaranga y’amahanga mu gihugu, ndetse n’ibiribwa by’ibanze nk’umugati n’amavuta yo guteka.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru