Friday . 26 April 2024

INKURU ZIGEZWEHO

  • 25 April » CNDD-FDD yaritsize ku bagerageje ‘coup d’état’ kuri Nkurunziza – read more
  • 24 April » Itangazo ryo guhinduza amazina – read more
  • 24 April » Nyabihu: Ababyeyi baratabariza abana barembejwe n’inzoka kubera kunywa amazi yo mu bigega by’ishuri – read more
  • 24 April » UNHCR yongeye kwitambika umugambi w’u Rwanda n’Ubwongereza ku bimukira – read more
  • 23 April » Rubavu: Abakora VUP bakoze ibihe bitatu badahembwa – read more

PEREZIDA MUSEVENI YATOWE NK’UMWE MU BAPEREZIDA BEZA KU ISI

Monday 25 February 2019
    Yasomwe na

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni yashyizwe ku mwanya wa 12 mu baperezida bo ku Isi bazamuye ubukungu bw’ibihugu bayoboye.

Uru ni urutonde rwashyizwe ahagaragara na Kaminuza ya New York ndetse na Banki y’Isi.

Raporo yashyizwe hanze muri Gicurasi 2019 igaragaza ko Perezida Museveni ari umwe mu bakuru b’ibihugu bazamuye ubukungu bwa Uganda ku buryo bufatika.

Umujyanama wa Perezida Museveni mu by’ubukungu, Stephen Miyingo yavuze ko Perezida Museveni abikwiriye.

Ati “ Ubuyobozi busaba gufata iya mbere kandi Museveni ibi arabyujuje. Byasabye ibyemezo bitoroshye na politiki zizweho neza kugira ngo hazahurwe ubukungu bwacu kuva aho bwari buri. Ntabwo bitunguranye uburyo Museveni yashyize ubukungu bw’iki gihugu ku murongo.”
Imibare igaragaza ko Perezida Museveni yazamuye ubukungu bwa Uganda ku kigero cya 2.42% buvuye kuri 0.7% kuva mu 1986.

Iyi raporo kandi ivuga ko Perezida Museveni na mugenzi we wa Botswana, Seretse Khama bazamuye ubukungu bw’ibihugu bayobye kurusha na bagenzi babo bo muri Aziya y’Iburasirazuba.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru