By Imfurayabo Pierre Romeo
Umuntu wa kane bamusuzumye basanga afite virus ya Ebola mu mujyi wa Goma mu burasirazuba bwa Repubilika ya Demokarasi ya Congo.
Iki cyorezo kimaze guhitana abantu barenga 1800 kuva cyakwaduka mu kwezi kwa munani umwaka ushize mu burasirazuba bwa Kongo mu Ntara ya Kivu ya ruguru.
Uyu muntu wa kane, ni umugore w’umugabo wishwe n’iyi ndwara kuwa gatatu w’iki cyumweru.
Umwana wabo umwe nawe muri iki cyumweru bamusanzemo indwara ya Ebola. Yari uwa gatatu.
Ubwoba bw’ikwirakwira ry’iki cyorezo bwatumye ejo kuwa kane ku ruhande rw’u Rwanda bafunga umupaka wa Gisenyi na Goma mu gihe cy’amasaha umunani .
Ibiro by’umukuru w’igihugu muri Kongo byahise bitangaza ko iki ari icyemezo kitumvikanyweho n’impande zombi kandi kibangamiye abaturage b’impande zombi.
Mu kiganiro n’abanyamakuru ejo kuwa kane nimugoroba, Mininisitiri w’ubuzima mu Rwanda Dr Diane Gashumba akaba yaratangaje ko uyu mupaka utigeze ufungwa gusa agira inama abanyarwanda kwirinda gukomeza kujya ahantu mu gihe biri kugaragara ko hari icyorerezo.
Abashinzwe ubuzima ku mpande zombi bakomeje ibikorwa byo gusuzuma urujya n’uruza rw’abantu no gukingira abantu bugarijwe kurusha abandi.
Urukingo ruri mu igerageza rumaze guhabwa abantu bose hamwe muri aka karere barenga 180,000 kandi rugaragaza ko rukora.
BBC dukesha iyi nkuru ivuga ko umunyamakuru wayo uri i Goma avuga ko hari abantu bamwe batagirira icyizere abavura Ebola bagahitamo kwihisha mu rugo nubwo baba bazi ko bashobora kuba baranduye.
Mushiki w’umugabo wa mbere basanzemo indwara ya Ebola i Goma yahise ahunga aka gace, aza kuboneka mu yindi ntara. Abashinzwe ubuzima bavuga ko abandi bantu 40 bakoranyeho nawe babonetse.
Virus ya Ebola ikwirakwira mu gihe umuntu akoze ku matembabuzi y’umuntu uyirwaye, abaganga bavuga ko umuntu ashobora kugira iyi virus mu gihe cy’iminsi 21 ataratangira kuyirwara.
Abaganga bemeza ko iyi virus itandurira mu mwuka.
Inkuru dukesha BBC