Yanditswe na Ndayambaje Jean Calude
Ikipe y’igihugu ya Misiri bakunze gutazira (Le Pharaoh) yageze ku mukino wanyuma imaze gusezerera Cameroun kuri Penaliti 3-2 nyuma yuko amakipe yombi aguye miswi, ubusa ku busa.
Mu mukino wa 1/2 wabaye kuri uyu wa Kane tariki ya 3 Gashyantare, wahuje Misiri na Cameroun yari imbere y’abafana bayo, wasize Abanyamisiri bakatishije itike y’umukino wanyuma ugomba kubahuza na Senegal.
Aya makipe yaherukaga guhurira mu gikombe cya Afurika mu mwaka wa 2017 ubwo Cameroun yatsinze Misiri ibitego 2-1 bituma yegukana igikombe cya Afurika cya 2017.
Umukino watangiye ikipe y’igihugu ya Cameroun isatira cyane ndetse yashoboroga kuba yabonye igitego mu minota 20’ ya mbere gusa amahirwe yagiye abura, twavuga nko ku munota wa 17 ubwo Ngadeu yateye umutambiko w’izamu benshi bari bazi ko igitego cyagezemo ntibyakunda.
Ikipe ya Misiri itabashije gutera mu izamu kenshi yabonye muri uyu mukino usibye ishoti Mostafa Mohamed yaboneje mu izamu rya André Onana, maze uyu musore abyitwaramo neza.
Ubundi buryo bwabonetse ni aho Mohamed Salah yasigaranye n’umuzamu wenyine abasha kumuzibira ntiyatsinda igitego cyari cyabazwe.
Iminita 90 y’umukino yarangiye nta kipe ibashije kureba mu izamu ry’indi hitabazwa iminota y’inyongera.
Mu minota 30 y’inyongera (Extra time) Misiri yabonye uburyo bw’igitego bwabonywe na Ramadhan Sobhi hanyuma agira igihunga umupira awushyira hanze y’izamu .
Abatoza bashyushye mu mitwe ubwo umupira wari hafi kurangira batongana n’umusifuzi maze umutoza wa Le Pharaoh witwa Carlos Queiroz aza guhabwa ikarita itukura kubera gushwana n’abasifuzi.
Iminota 120 nayo yarangiye nta kipe ibashije gutsinda bitabaza penaliti cyangwa ’kamarampaka’. Cameroon yinjiza Penaliti imwe yatewe bwa mbere na Rutahizamu Vincent Aboubakar mu gihe Harold Moukoudi na James Lea Siliki bazishyize mu maboko y’umuzamu Gabaski, mu gihe Clinton Njié yateye Penaliti ye hanze bituma Cameroon isezererwa.
Ku Cyumweru tariki ya 6 Gashyantare saa Tatu z’ijoro, hategerejwe umukino wa nyuma uzahuza Misiri ya Mohammed Salah azahuriramo na Sadio Mané kuri Stade Olembé, umukino utegerejwe n’abantu benshi bakomeje kwibaza izatwara iki gikombe.
Ni mu gihe kandi Burkina Faso izakina na Cameroun bashaka umwanya wa Gatatu kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 5 Gashyantare 2022.






















