Thursday . 16 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more
  • 6 July » Spain na Portugal ziracakirana i Saa 21:00 mu mukino ukomeye uzakugena ikipe ikomeza muri 1/4 cy’Igikombe cy’Isi – read more

Umwamikazi w’Ubwongereza Elizabeth II akeneye umusimbura ku buyobozi bwa Commonwealth

Sunday 22 April 2018
    Yasomwe na

Ubwo Umwamikazi w’Ubwongereza Elizabeth II yagezaga ijambo ku bitabiriye inama ya Commonwelth iri kubera I London mu Bwongereza yasabye ko yasimbuzwa igikomangoma cyo muri Wales kugira ngo uyu muryango bakomeze kuwongerera imbaraga mu gihe kiri imbere.

Elizabeth II yagize ati, “Mbikuye ku mutima ndifuza ko Commonwealth yagira imbaraga mu minsi y’ahazaza, twifuje ko umunsi umwe uyu muryango wazayoborwa n’Igikomangoma giturutse muri Wales kugira ngo cyongerere imbaraga uyu muryango watangijwe na data mu 1949.”

Umwanzuro wo kwemeza niba koko Igikomangoma cya Wales,Charles aza guhabwa uyu mwanya wo kuyobora Commonwealth byitezwe ko bizemezwa n’abakuru b’ibihugu ku munsi w’ejo ubwo bazaba bari gusoza iyi nama nkuko bbc ibitangaza.

Mu bihugu 53 biri muri uyu muryango, 19 bituruka muri Africa bikaba ari ibya koronijwe n’Abangereza ukuyemo u Rwanda na Mozambique byinjiyemo vuba, mu gihe igihugu nka Zimbabwe cyavuye muri uyu muryango muri 2003 kubera amatora ataranyuze mu mucyo.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru