Abacururiza mu isoko rihereye mu murenge wa Gacaca w’akarere ka Musanze baravuga ko babangamiwe no kunyagirwa ndetse n’izuba bitewe nuko ritubakiwe. Abaganiye na Mamaurwagasabo.rw bavuze ko kuba iri soko ritubakiwe bibateza igihombo gikomeye.
Umwe muri aba bacuruzi witwa Munyengabe Jean D’amour yagize ati”tubagamiwe no kunyagirwa n’izuba bitewe nuko aha dukorera hatubakiye, utundi dusantere baratwubaka ariko hano turi mu bwigunge dukeneye ko mudukorera ubuvugizi tugakorera ahantu heza.”
Undi (...)
Abacururiza mu isoko rihereye mu murenge wa Gacaca w’akarere ka Musanze baravuga ko babangamiwe no kunyagirwa ndetse n’izuba bitewe nuko ritubakiwe. Abaganiye na Mamaurwagasabo.rw bavuze ko kuba iri soko ritubakiwe bibateza igihombo gikomeye.
Umwe muri aba bacuruzi witwa Munyengabe Jean D’amour yagize ati”tubagamiwe no kunyagirwa n’izuba bitewe nuko aha dukorera hatubakiye, utundi dusantere baratwubaka ariko hano turi mu bwigunge dukeneye ko mudukorera ubuvugizi tugakorera ahantu heza.”
Undi (...)
Abaturage batuye mu murenge wa Rwempasha akarere ka Nyagatare barasaba kurenganurwa nyuma y’uko abaturage bimuwe ahakorera umushinga wa Gabiro Agro- business Hub batagaturujwe ndetse n’umwavoka baregeye akabarira amafaranga. Ni abaturage batujwe mu murenge wa Rwempasha ubwo ubutaka bwabo bwakoreshwaga n’umushinga wa Gabiro Agro- business Hub babizeza ko bazabaha ingurane baranayibereka ariko batungurwa nuko bimuriwe ahandi Kandi nabwo bahabwa amazu gusa amasambu ntibayahererwa ingurane. (...)
Hari abaturage bakora amasukura mu mujyi wa Gakenke bavuga ko bagiye kumara amezi asaga ane badahembwa, kuri ubu barasaba gutabarwa.
Aba baturage babitangarije umunyamakuru wa Mamaurwagasabo TV ubwo yarageze muri aka karere ka Gakenke aho basaba ko bakwishyurwa amafaranga bakoreye.
Umwe muri aba baturage Yagize ati”Tumaze amezi ane tudahembwa twarumiwe mudukorere ubuvugizi tubaza abadukuriye bakatubwira ngo bizakorwa ariko twarategereje amaso ahera mu kirere tumerewe nabi.”
Undi yagize (...)
Nubwo bafite imyaka yabo myinshi yangijwe mu bikorwa bikomeje byo gukora imihanda itandukanye mu Kagari ka Rubona, mu murenge wa Nyamyumba, mu Karere ka Rubavu, aba baturage bavuga ko babwiwe ko nta n’iripfumuye ry’ingurane bazahabwa kuri iyi mitungo yabo. Aba baturage basa nkababuze ayo bacira nayo bamira, nyuma yaho imirima yabo itangiye gutegangurwa n’imishani mu gukora imihandi itandukanye iri kunyuzwa muri kano gace, mu Kagari ka Rubona mu Murenge wa Nyamyumba, mu Karere ka Rubavu. (...)
Bamwe mu baturage bo mu kagari ka Kigenge mumurenge wa Giheke mu karere ka Rusizi bavuga ko imyaka igiye kuba ibiri bategereje amafaranga y’ibyangijwe ubwo hubakagwa umuyoboro w’amashanyarazi,ariko na nubu barahebye.
Aba bashimangira ko ubwo babwirwaga ko iki gikorwa cyo kugeza umuriro w’amashanyarazi mu bice bitandukanye by’umurenge wabo babyakiriye neza kuko bakunda ibikorwa by’iterambere. Bemeza ko babariwe neza ariko imyaka ikaba igiye kuba ibiri batarahabwa ingurane y’ibyabo byangijwe. (...)
Abaturage baguraniwe ubutaka bukubakwaho ishuri rya G.S Pera mu murenge wa Bugarama mu karere ka Rusizi, bavuga ko hashize imyaka ine batarahabwa ibyangombwa by’ubutaka bwaho baguraniwe, bagasaba ubuyobozi ko bwacyemura iki kibazo.
Umwe muri bo yagize ati"Baratubwira ngo uko bazahereza abandi basigaranye imirima hafi y’amashuri nibyo natwe bazaduha. Abasigaranye imirima baza kubahereza ibyangombwa by’ubutaka, kuva bamara kubibona twatangiye twirukanka imyaka igiye kuba hafi ine ibyo (...)
Mu karere ka Nyamagabe umurenge wa Kitabi akagari ka Mujuga umudugudu wa Nyakanyeri abaturage bavuga ko babangamiwe no kuba mu icuraburindi nyamara hari amapoto amaze igihe arambitse aha mudugudu ariko bakaba barategereje umuriro bagaheba.
Mu karere ka Nyamagabe umurenge wa Kitabi akagari ka Mujuga umudugudu wa Nyakanyeri hari abaturage twasuye batubwira ko babangamiwe no kuba mu icuraburindi ryo kutagira umuriro nyamara hari amapoto amaze igihe arambitse muri uyu mudugudu ariko kubona (...)
Abaturage batuye mu kagari ka Rutaraka mu murenge wa Nyagatare mu karere ka Nyagatare, barataka ko bamaze imyaka irenga itandatu baremerewe kwimurwa ahagiye icyanya cy’inganda nanubu bakaba bagitegereje kandi barabujijwe kuvugurura inzu zabo. Ni bamwe mu batuye mu mudugudu wa Nkonji ahahariwe ibikorwa by’inganda, nubwo abahatuye bigaragara ko bishimiye iterambere ry’inganda ryaje iwabo gusa bagaragaza ko bemerewe kwimurwa aha hantu ariko bakaba bagitegereje kuhava ariko byaranze. Uwitwa (...)
Abakora imyuga itandukanye bakorera mu gakiri ka Karama, kari mu Murenge wa Karama mu Karere ka Nyagatare, bavuga ko bishimiye kuba Leta yarabubakiye inyubako igezweho ibafasha gukora neza, bakaboneraho gushimira ubuyobozi bw’igihugu cyabatekerejeho. Musengimana Chantal, umudozi, yagize ati: “Mbere twakoraga ahantu hatari heza, rimwe na rimwe imvura ikagwa tukabura aho dukorera neza. Ubu dufite inyubako isukuye, abakiriya bacu baratwizera cyane kuko tubakorera ahantu hameze neza. (...)
Mu karere ka Gatsibo, umurenge wa Rugarama akagari ka Matare abaturage barasaba kurenganurwa ngo kuko batswe amafaranga igihumbi kuri buri muryango bizezwa guhabwa amashanyarazi ariko imyaka ikaba ibaye icyenda ntamashanyarazi bahawe. Ni bamwe mu baturage batuye mu mudugudu wa Gitsimba ya 2 mu kagari ka Matare umurenge wa Rugarama baganiriye n’umunyamakuru wa Mama Urwagasabo TV aho bavuga ko mu mwaka wa 2016 uwari mudugudu yatse abaturage amafaranga avuga ko bazahabwa amashanyarazi ariko (...)
RCA irishimira umusaruro uturuka ku itegeko rishya
11 October 2024
Ingengo y’imali ya 2025-26 igeze kuri 65% ikoreshwa.
17 February 2026, by Chadadi Habimana
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.
























