“Mu” rwego rwo gushimira no guhemba abitwaye neza mu mwaka w’imikino wa 2025/26, BK Pro League yateguye ibirori bya BK Pro League Awards 2026, aho hatangajwe Ikipe y’Umwaka (Best XI of the Season), igizwe n’abakinnyi 11 bagaragaje ubwitange, ubuhanga n’umusaruro udasanzwe muri shampiyona. Ni ubwa mbere ibi bihembo byateguwe ku rwego runini, bigamije guha agaciro ibikorwa by’indashyikirwa byaranze umwaka wose.
Ikipe y’umwaka igizwe n’umunyezamu Désiré, ba myugariro ni Jean Gilbert Byiringiro, Luzolo, Karshoum na Sogoba, hagati mu kibuga hatoranyijwe Sackey J.Gilles R. na Jean Claude Girumugisha, mu gihe ubusatirizi bugizwe na Madické Kane, Djibril Ouattara na Taiba Mbonyumwami. Aba bakinnyi bose bagize umwaka udasanzwe, bafasha amakipe yabo kugera ku ntego zitandukanye zirimo guhatanira igikombe, imyanya myiza ndetse no kwitwara neza muri shampiyona.
Umwe mu bakinnyi bagaragaye cyane muri ibi bihembo ni Jean Claude Girumugisha wa Al Hilal SC, wegukanye igihembo cy’Umukinnyi Mwiza w’Umwaka (Player of the Season). Girumugisha yahawe imodoka nshya ifite agaciro ka miliyoni 15 Frw nyuma yo gutsinda bagenzi be bari bahanganye muri iki cyiciro. Imikinire ye, umuvuduko n’uruhare yagize mu gutwara igikombe cya shampiyona byatumye atorwa nk’umukinnyi wahize abandi bose muri uyu mwaka w’imikino.
Abasesenguzi b’umupira w’amaguru bavuga ko iyi kipe y’umwaka ari ishusho y’uko urwego rwa BK Pro League rukomeje gutera imbere. Kuba abakinnyi bakomoka mu makipe atandukanye bagaragaye muri iyi Best XI bigaragaza ko amarushanwa yaranzwe n’ihangana rikomeye ndetse n’ubuziranenge bwazamutse ugereranyije n’imyaka yabanje.
Ibi bihembo kandi ni intambwe ikomeye mu kuzamura isura ya shampiyona y’u Rwanda, kuko bishishikariza abakinnyi gukora cyane no guhatana mu buryo bw’umwuga. Byitezwe ko mu myaka iri imbere BK Pro League Awards izakomeza kuba kimwe mu birori bikomeye muri ruhago nyarwanda, bikazamura agaciro ka shampiyona ndetse bikanafasha abakinnyi b’Abanyarwanda kumenyekana ku rwego mpuzamahanga kandi bakarushaho gukarishya ubumenyi bityo ikipe y’igihugu ikabyungukiramo.
Yanditswe na Genius Fida


















