Monday . 2 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Tanzania: Abangavu 5913 batwaye inda zitateganijwe mu mezi atatu gusa

Sunday 22 April 2018
    Yasomwe na

Ibi byatangajwe n’umuyobozi w’agace ka Tabora, Aggrey Mwami ubwo yatangizaga ibiganiro by’umunsi umwe ku bijyanye no kurengera ubuzima, muu nama yari ihuriyemo abana 1438 bahagarariye abandi.

Yabwiye abari bitabiriye ibiganiro ko bibabaje ariko bikwiye no kuba umukoro kuri buri umwe mu kurebera hamwe icyakorwa ngo abakobwa barekere gutwara inda zitateganijwe, kuko kubona abana bakiri bato 5913 batwara inda mu mezi atatu gusa bikomeje gutya nta ejo heza twagira.

Aggrey yabwiye abana 1438 bahagarariye abandi uko mu duce dutandukanye tw’igihugu abangavu bagiye batwara inda, ati, “Igunga 995, Kaliua with 894 children, Sikonge 743, Uyui 640, Urambo 630, Tabora 530 na 49 bo mu Mujyi wa Nzeaga.

Yasabye abana kwirinda kurarikira ibyo ababyeyi babo badafitiye ubushobozi bwo kubagurira, kuko iyo umwana atwaye inda akiri muto bimwicira ejo hazaza akaba yanarwara izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru