Ikipe y’Igihugu ya Spain irahura na Portugal kuri uyu wa Mbere saa 21:00 z’ijoro ku isaha y’i Kigali, mu mukino wa 1/8 cy’Igikombe cy’Isi cya 2026, aho amakipe yombi yifuza gukomeza urugendo rugana ku gikombe.
Spain yageze muri iki cyiciro nyuma yo kunyagira Austria ibitego 3-0, igaragaza ubusatirizi bukomeye ndetse n’uburyo bw’umukino unogeye ijisho. Ku rundi ruhande, Portugal nayo yinjiriye muri 1/8 itsinze Croatia ibitego 2-1, yerekana ko ifite ikipe ishobora guhangana n’uwo ari we wese.
Uyu mukino uhuza ibihugu bibiri bihora bihanganye mu Burayi, kandi buri ruhande rufite abakinnyi bashobora guhindura umukino mu kanya gato. Spain iracyishingikiriza ku bakinnyi bayo bato bafite umuvuduko n’ubuhanga bwo guhererekanya umupira, mu gihe Portugal ifite uburambe n’abakinnyi bafite ubunararibonye.
Mu mateka y’aya makipe, imikino hagati yayo yakunze kuba irimo ihangana rikomeye, aho akenshi amakipe yombi atsindana bigoranye. Ibyo bituma benshi bateganya ko n’uyu mukino ushobora kurangira utandukanyijwe n’igitego kimwe cyangwa ukagera mu minota y’inyongera cyangwa hakaba hakitabazwa za penaliti.
Ikipe iratsinda hagati ya Spain na Portugal irahita ibona itike ya 1/4, aho izahura n’izava hagati ya Belgium na United States, na bo bakina kuri uyu wa kabiri saa 2:00 mu rukerera.
Abafana b’umupira w’amaguru hirya no hino ku Isi bategereje uyu mukino nk’umwe mu ikomeye muri iki cyiciro, bitewe n’ubwiza bw’umupira amakipe yombi asanzwe akina ndetse n’amazina akomeye ayarimo.
Biteganyijwe ko uraba ari umukino urimo ubuhanga, amayeri menshi y’abatoza n’ihangana rikomeye kugeza ku munota wa nyuma. Aya makipe amaze guhura inshuro 41 aho Spain yatsinze 17 naho Portugal yatsinze inshuro 6 hanyuma banganya inshuro 18.





















