Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Amatariki yitangira rya shampiyona y’umupira w’amaguru mu cy’iciro cya Mbere mu Rwanda yamenyekaye

Wednesday 13 July 2022
    Yasomwe na

Jean claude Ndayambaje

Mu nama yahuje abanyamuryango b’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA bo mu cyiciro cya mbere ndetse n’abayobozi n’amakipe bari kumwe n’abatoza babo, yateranye kuri uyu wa kabiri tariki 12 Nyakanga 2022 yemeje ko shampiyona y’icyiciro cya mbere izatangira tariki 19 Kanama 2022 mu kwezi gutaha.

Muri iyi nama kandi bemeje ko umukino uruta iyindi yose (Super cup) mu cyumweru kibanziriza itangira rya shampiyona tariki ya 12 Kanama 2022, aho ikipe ya APR FC yatwaye igikombe cya shampiyona izacakirana na As Kigali yatwaye igikombe cy’Amahoro.

Nkuko byemejwe muri iyi nama,ni uko umwaka w’imikino ya shampiyona 2022/2023 izarangira tariki ya 4 Kamena 2023, mu gihe igikombe cy’Amahoro kizatangira tariki 6 Ukuboza 2022 gisozwe tariki 21 Gicurasi 2023.

Ikindi gishya ni uko iyi shampiyona izajya ikinwa muri weekend gusa nkuko byemejwe muri iyi nama.

Mu bindi byaganiriweho mu nama ni uko muri uyu mwaka FERWAFA izategura imikino yo kwibuka ikazaba mu kwezi kwa Kamena.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru