Friday . 17 April 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 10 April » Michigan yiyongereye kuzindi leta zibuka Jenoside yakorewe Abatutsi – read more
  • 1 April » Perezida w’u Burundi yaragije Imana igihugu cye nyuma y’uko ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi bufashwe n’inkongi y’umuriro – read more
  • 31 March » Spain yafunze ikirere cyayo ku ndege z’intambara z’Amerika – read more
  • 31 March » Gakenke: Bakusanyije Miliyoni zisaga 200 zo kurengera abatishoboye – read more
  • 26 March » Perezida Kagame :Iterambere ry’amadini n’amatorero n’Igihugu gitera imbere – read more

Amavubi y’abagore agiye kwitabira CECAFA muri Uganda

Saturday 7 May 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika y’Iburasirazuba no Hagati ‘CECAFA’ ryamaze gutangaza ko ibihugu bigera mu 8 birimo n’u Rwanda bizitabira CECAFA y’abagore iteganyijwe mu mpera hagati ya tariki 22 Gicurasi na 5 kamena 2022.

CECAFA y’uyu mwaka biteganyijwe ko izabera mu gihugu cya Uganda, ku kibuga cya FUFA Technical Centre, ikibuga giherereye mu mujyi wa Njeru muri Uganda .

Bwana Yussuf Mossi ubarizwa muri Kanama gashinzwe gutegura amarushanwa muri CECAFA, yabwiye CAF ko ibihugu 8 byamaze kwemeza ko bizitabira iri rushanwa birimo n’u Rwanda.

Aganira n’urubuga rwa CAF yagize ati, "Yego nibyo kwiyandikisha byarangiye mu cyumweru gishize, amakipe 8 niyo yamaze kwemeza ko azitabira, ubu rero turimo gutegura uko tombola yazakorwa mu minsi mike iri mbere."

Mu bihugu bizitabira iri rushanwa burimo Uganda, Rwanda Burundi, Djibouti, Ethiopia, Tanzania, na Zanzibar na South Sudan

Ibihugu byo mu karere bikunze kwitwara neza muri iri rushanwa birimo Igihugu cya Kenya na Tanzania byagarageje ko bifite ubunararibonye muri CECAFA.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru