Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 22 Ukuboza 2022 shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda yakomeje igeze Ku munsi wa 10 ubwo hakinwaga imikino 5 mu gihe kuwa Kane hategerejwe indi mikino 3.
Mu mikino y’umunsi wa cumi wa shampiyona y’u Rwanda yabaye kuri iki gica musi ,amakipe arimo APR fc na Police zakinnye zidafite abatoza bakuru bitewe nuko basanzwemo icyorezo cya Covid-19 mu gihe Musanze Fc yihereranye Marine fc iyitsinda ibitego 5-1 mu mvura y’amahindu.
Umutoza wa Police fc, Frank Nuttal, ntiyatoje kuko bivugwa ko nawe yanduye Covid-19 mu gihe abatoza b’ikipe y’ingabo z’igihugu APR fc nabo batigeze bagaragara ku mukino banganyijemo na Etoile de l’est mu karere Ka Ngoma kuko basanzwemo Covid-19 .
Umugande Ben Ocen, Eric Kanza Angua ,Anicet muhire, kwizera Jean luc Jimmy bafashije Musanze fc kunyagira Marine fc ibitego 5-1, umukino wabereye kuri Sitade Ubworoherane, Rayon Sports yatsinze Police FC igitego 1-0 cyinjijwe na Essomba Leandre Willy Onana.
Ikipe ya police yatsinzwe na Rayon sports mu gihe itari ifite umutoza mukuru Frank Nuttal , bivugwa ko byatewe nuko ashobora kuba yanduye icyorezo cya COVID-19 nubwo byagizwe ubwiru, amakuru avuga ko yanduye nawe iki cyorezo gikomeje gukaza umurego mu gihugu nyuma yaho yaje ubwoko bushya bwa Virusi ya Omicron.
Adil Mohamed ntabwo yigeze agaragara Ku mukino APR FC yanganyijemo na Etoile de l’est ibitego 2-2 uko nawe yanduye COVID-19 ndetse bikaba bivugwa ko hari n’abakinnyi batwaye Covid-19.
Umutoza w’abazamu ba APR FC Mugabo Alex niwe watoje uyu mukino, yungirijwe na Tuyisenge Jacques kuri ubu ufite ikibazo cy’imvune, kuko abatoza bakuru bise, Adil Mohammed Erradi na Jamel Eddine Neffti, basanzwemo icyorezo cya Covid-19.
Etincelles FC yabonye amanota yayo ya mbere Kuko yatsinze Gicumbi fc ibitego 2-0 mu gihe Mukura victory sport yatsinze Gorilla fc igitego 1-0.
Mu y’indi mikino iteganijwe tariki ya 23 Ukuboza 2021 harimo umukino uzahuza As Kigali na Gasogi united mu gihe Kandi Kiyovu , Espoir fc izaba yisobanura na Bugesera fc itozwa na Abdul Mbarushimana uri Ku gitutu cy’abafana.






















