Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Manchester City yihagazeho imbere ya Real Madrid mu mikino ya 1/2 ya champions league

Wednesday 10 May 2023
    Yasomwe na

Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude

Mu ijoro ryakeye habaye umukino wa /12 muri championsleague aho ,ikipe ya Real Madrid yakiriye Manchester City i Santiago Bernabeu maze amakipe yombi ananirwa kwisobanura anganya igitego 1-1.

Ikipe ya Real Madrid yashinzwe mu 1902 ibarizwa muri Espagnendetse ifite ibikombe 14 bya Champions League, niyo yari yakiye uyu mukino wari ishyiraniro.

-Dore Abakinnyi 11 babanjemo ku ruhande rwa ba Real Madrid:

Mu izamu Courtois; Carvajal, Rüdiger, Alaba, Camavinga; Modric, Kroos, Fede Valverde;Rodrygo, Benzema na Vinicius.

Abakinnyi 11 babanjemo ku ruhande rwa Manchester City:

Mu izamu ni Ederson; Walker, Stones, Rúben Dias, Akanji; De Bruyne, Rodri, Gündogan; Bernardo Silva, Haaland na Grealish.

Ikipe ya Real Madrid yatangiye umukino ihererekanya ndetse Rodrygo ahita akorerwaho ikosa, ku buryo yatangiye ubona yotsa igitutu Manchester City bari bahanganye.

Ku wa 35’ Camavinga yazamukanye umupira awuhereza Vinicius nawe ahita arekura ishoti maze umuzamu wa Manchester City ntiyamenya ibyabaye, ajya gutiragura umupira mu rushundura.

Igitego kimaze kwinjira Real Madrid itozwa na Ancelotti yakangutse , ikomeza gushaka andi mahirwe yo kubona ibindi bitego ariko biranga.

Igice cyakabiri cyatangijwe na Real Madrid ishaka no guhita itungurana isatira ariko ba myugariro ba Manchester City bagiye bihagararaho ku buryo bakundaga gukora amakosa menshi kuri Camavinga wari wabazonze ku ruhande rw’ibumoso.

Ku munota wa 67’ Kevin De Bruyne yatsinze igitego cyo kwishyura ahawe umupira na Gündogan, ibi byatumye umukino wongera kongera ubukana aho abatoza ku mpande zombi bakangutse ,ndetse uwa Real Madrid avuga ko barimo kumwiba.

Ku munota wa 68’ Carlo Ancelotti utoza Real Madrid yahawe ikarita y’umuhondo nyuma yo kuburana avuga ko bari kumwiba, byagaragaraga ko yashyushye mu mutwe.

Ku munota hafi wa 90’ Karim Benzema yahaye umupira mwiza umukinnyi witwa Auriel Tchuamen arekura ishoti riremereye maze umuzamu wa Manchester City umupira awushyira muri koroneri.

Ikipe ya Real Madrid yageze muri 1/2 isezereye Chelsea, mu gihe ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester City yageze muri iki cyiciro isezereye Bayern Munich yo mu Budage.

Umukino wo kwishyura uzaba mu cyumweru gitaha aho Real Madrid izaba yerekeje mu bwongereza gusura Manchester City.

Uyu munsi tariki ya 10 Gicurasi 2023 hategerejwe undi mukino wishyiraniro wa champions league ugomba guhuza Milan vs Inter saa 21h00’ni amakipe yombi yo mu butaliyani agomba kwisobanura.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru