Ni umunya Burkina Faso wamaze gusinyira APR FC wavutse kuwa 5 Nzeri 2003 bivuga ko afite imyaka 21 akaba akina hagati mu kibuga ariko asatira aba bazwi nka Attacking Midfielder cyangwa Nimero 10 ku basobanukiwe ibigendanye na Ruhago.
Muri Mutarama uyu mwaka wa 2025 yabaye umwe mu bakinnyi beza mu irushanwa rya Mapinduzi Cup ryabereye muri Zanzibar akaba ari nawe mukinnyi mwiza wa season iwabo muri Burkina Faso.
Urebeye ku rubuga rwitwa Transfermaket usanga uyu musore yatangiye gukina ruhago nk’uwabigize umwuga mu mwaka wa 2021, ubwo yakinaga mw’ikipe yo muri Burkina Faso yitwa US Ouagadougou; yaje kuyivamo yerekeza muri Mali muri AS black stars de Bamako.
Iyi nayo ntiyayitinzemo kuko yahise yerekeza muri RS Kadiogo y’iwabo muri Burkina Faso ayimaramo imyaka ibiri yerekeza muri Sonabel ari nayo yavuyemo aza muri APR FC yo mu Rwanda aho yayisinyiye amasezerano y’imyaka itatu.
Uyu musore amaze gukinira umukino umwe ikipe ye y’igihugu ni umukino baheruka gutsindwamo na Les Aîgles du Carthage za Tunisia 2-0.
Uyu musore abaye umukinnyi wa 7 ikipe ya APR FC iguze akaba uwa Kabiri w’umunyamahanga nyuma ya Ronald Sekkiganda wavuye muri Uganda, abandi batanu bakaba ari abakinnyi b’abanyarwanda iyi kipe izahagarira u Rwanda muri CAF Champions League imaze kwemeza ko yasinyishije.

























