Wednesday . 11 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 11 March » Rwanda: Isuzuma mpuzamahanga rya PISA umukoro ku Rwanda – read more
  • 11 March » M23 yemeje ko FARDC yarashe muri Goma – read more
  • 10 March » Ibiciro byazamutseho 9.2 muri Gashyantare – read more
  • 10 March » Iran yongeye kugaba ibitero mu kigobe cy’abapersi – read more
  • 9 March » ACCESS FINANCE RWANDA YATANGIJE GAHUNDA YO GUFASHA ABACURUZI BATO KUBONA IMARI – read more

Rwanda: Isuzuma mpuzamahanga rya PISA umukoro ku Rwanda

Wednesday 11 March 2026
    Yasomwe na

Bamwe mu bayobozi b’ibigo by’amashuri byo mu Rwanda, bemeza ko amarushanwa mpuzamahanga agamije gusuzuma urwego rw’ubumenyi abana bariho (PISA) mu mpine agira uruhare rukomeye mu kuzamura ireme ry’uburezi


Isuzuma mpuzamahanga rya PISA umukoro ku Rwanda

Mahoro Pacifique, ashinzwe uburezi mu karere ka Karongi, avuga ko mu mpinduramatwara mu burezi zikenewe harebwa uburyo abana bafite mu nshingano muri aka karere bakwibandwaho cyane, kuko amarushanwa ya (PISA) atera imbaraga mu myigire.



Mugenzi we Speciosa Niyitegeka, wo mu karere ka Ruhango avuga ko gutoranywa kw’ibigo nabyo byajya bihabwa umwanya ukomeye aya mahirwe akagera kuri bose, kuko ibigo by’amashuri byose bidasangiye ibibazo.

Umutoni Carlene umuyobozi wa NESA wungiririje, ashimangira ko amarushanwa mpuzamahanga agamije gusuzuma urwego rw’ubumenyi abana bariho,(PISA) bibanda kuri siyansi, gusoma n’ibindi, ku buryo umwana abasha kumva umwandiko yahawe akawusubiza, akabazwa mu mibare icyo yakuyemo aho kumanukura forimireri.


Umutoni Carlene umuyobozi wa NESA wungiririje

Yagize ati”Mu kwitabira iri rushanwa bituma habaho kumenya uko uburezi bw’u Rwanda buhagaze ku rwego mpuzamahanga, byaba ari bibi cyangwa byiza bigatanga umukoro ndetse no kwigira ku bandi ku hashyirwa imbaraga.

Umutoni Carlene umuyobozi wa NESA wungiririje akomeza ashimangira ko kubyaza umusaruro amakuru akomoka kuri iri suzuma ku buryo bifasha mu kugena amahugurwa ku barimu cyangwa ibikoresho runaka bikenewe mu kuzamura ireme ry’uburezi, kandi uburyo abana bitwara muri aya marushanwa bikaba bitanga umukoro kuhazaza h’uburezi bw’u Rwanda.

Iyi gahunda kandi ngo ikaba igomba gufasha mu gutegura integanya nyigisho no mu myigishirize, gukarishya abarimu, abafite ubumuga nabo bagakomeza kwinjizwa muri gahunda n’ibindi.

Mu Rwanda, isuzuma rya PISA 2025 ryitabiriwe n’abanyeshuri basaga 7,000 bafite imyaka 15 baturutse mu mashuri asaga 200 yo hirya no hino mu gihugu.

Ku Rwanda, uru rugendo rwa PISA rufatwa nk’intambwe ikomeye igamije gukomeza guteza imbere uburezi bushingiye ku makuru afatika no gutegura neza ejo hazaza h’abanyeshuri.

Ishimwe Honore

Dore link iriho ikiganiro cyose.

https://youtu.be/z_8u0HncAoo?si=SsAMOaS2oOXpZlKq

Yafashwe inatunganywa na Niyigena Benjamin na Harerimana Dieudonne.

Amafoto yaranze ibikorwa bitandukanye.





















feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru