Iyi nkongi yabaye mu ijoro ryo ku wa 31 Werurwe, yibasiye ububiko bw’intwaro buri mu kigo cya gisirikare kizwi nka ‘Base’, giherereye mu gace ka Musaga i Bujumbura.
Igisirikare cy’u Burundi na Minisiteri y’Umutekano w’imbere mu gihugu, byatangaje ko iyi nkongi yaturutse ku kibazo cy’umuriro w’amashanyarazi.
Mu butumwa Perezida Ndayishimiye yashyize ku rubuga nkoranyambaga rwa X, mu ijoro ryo ku wa 31, yihanganishije Abarundi, ndetse asaba Imana kubana n’u Burundi.
Ati “Nihanganishije abagize ibyago biturutse ku muriro wadutse mu bubiko bumwe bw’ikigo cya gisirikare iri muri Zone Musaga. Duhumurije Abarundi bose: Inzego z’igihugu ziri gukora ibishoboka byose kugira ngo zitabare kandi zikomeje kurinda ubusugire mu buryo. Imana irinde u Burundi.”






















