Hari hashyize igihe kingana n’ukwezi kurenga abafana bakumiriwe ku bibuga bitewe n’ubwiyongere bw’icyorezo cya Covid-19 none kuri ubu bakomorewe, barabyinira mu rukoma.
Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 26 Mutarama 2022, yemeje ko ibikorwa bya siporo y’umuntu ku giti cye n’izikorerwa hanze abantu bategeranye bizakomeza ndetse n’abafana bakemererwa kureba imikino kuri sitade.
Minisitiri ya Siporo niyo izatanga amabwiriza arambuye ajyanye no kugaruka kw’abafana ariko hubahirizwa ingamba zo kwirinda Covid-19.
Abafana bari bakumiriwe ku bibuga kuva mu Kuboza 2021 ubwo hari hashyize amezi 3 bemerewe kuza kureba imikino itandukanye aho buri mufana wese yasabwaga kuba yipimishije COVID-19 bitarenze amasaha 24, akagaragaza ko ari muzima. Ni nyuma y’ubwandu bushya bwari bukabije cyane ubwo hadukaga ubwoko bushya bwa "Omicron" biba ngombwa ko bakumirwa.
"Imvugo Niyo ngiro", Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Gatabazi Jean Marie Vianney yari yijeje Abanyarwanda ko bazakomeza gukora ubuvugizi ngo bongere gukomorerwa bijyanye n’uburyo umubare w’abakingiza COVID-19 uzaba uhagaze.
Ni mu gihe kandi mu mpera z’iki cy’umweru muri Basketball ari bwo hatangira imikino ya (Pre-season) cyangwa se imikino ibanziriza shampiyona .
Mu Rwanda kandi hategerejwe "Tour du Rwanda" irushanwa ry’amagare rizenguruka igihugu rigomba gutangira tariki ya 20 Gashyantare 2022, bivuze ko abafana bashyizwe igorora aho mu mwaka ushyize wa 2021 iri rushanwa ryabereye mu muhezo nta mufana.






















