Yanditswe na Ndayambaje Jean Calude
Muri UEFA champions league ikipe ya Real Madrid yasezereye PSG ibifashijwemo na Karim Benzema wongeye kugaragaza ko agifite imbaraga n’ubuhanga bwo guconga ruhago.
Kuri uyu wa kabiri tariki ya 9 Werurwe 2022, mu mukino wa 1/8 wo kwishyura Real Madrid yatsinze Paris Saint-Germain ibitego 3-1 ku giteranyo cy’ibitego 3-2 Irushanwa rihuza amakipe yabaye ayambere iwayo ku mugabane w’iburayi rikomeye kandi rikundwa n’abatari bake ku Isi.
Ni umukino wabereye kuri stade yitwa Santiago Bernabéu, Paris Saint-Germain yari yatsinze igitego 1-0 mu mukino ubanza binyuze kuri Rutahizamu ukomeye cyane Kylian Mbappé ku munota wa 38’ yatsindiye PSG igitego 1-0 nyuma yo guherezwa umupira na Neymar yaje kwinjiza igitego, Real Madrid itangira kwiheba ariko ikomeza kwataka.
Mu gice cya Kabiri ahagana ku munota wa 58’ umutoza wa Real Madrid Bwana Carlo Ancelotti yinjiye mu kibuga Eduardo Camavinga wasimbuye Kroos maze imbaraga ziriyongera mu kibuga botsa igitutu PSG yari isa niyamaze kwizera itsinzi.
Mu minota mike cyane kizigenza Karim Benzema yaje kwinjiza igitego cyahagurukije abafana batangira kubona ko byose bishoboka kuri pase nziza yari iturutse kuri Vinícius Junior wigaragaje cyane muri uyu mukino.
Umutoza Ancelotti yakoze impinduka mu kibuga aho yinjije Lucas Vazquez na Rodrygo bombi basimbuye Asensio na Dani Carvajal kuko byasaga nkabamaze kunanirwa ku munota wa 66’.
Umufaransa Karim Benzema twavuga ko yashimangiye ko ashoboye yaje gutsindira Real madrid igitego cya Kabiri ku munota wa 76’ w’umukino ku mupira waributurutse kwa Luka Modric wagoye cyane ba myugariro ba PSG.
Mu yindi mikino yabaye, ni Manchester City yanganyije na Sporting CP 0-0 bituma Manchester city ikatisha itike ya 1/4 kubera ko umukino ubanza wari warangiye inyagiye sporting ibitego 5-0.






















