Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Umutoza w’ikipe y’igihugu ya Uganda Cranes yakatiwe igifungo cy’imyaka itatu isubitswe ku byaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina

Wednesday 20 October 2021
    Yasomwe na

Ndayambaje Jean Claude

Umutoza w’Ikipe y’Igihugu ya Uganda, Imisambi ya Uganda, Micho Milutin Sredojević, yahamwe n’ ibyaha 2 by’ihohotera rishingiye gitsina ndeste akaba yakatiwe igifungo cy’ imyaka itatu ariko isubitse.

Urukiko rwo muri Afurika y’epfo rwa Gqeberha rukaba rwarahoze ari urwa Port Elizabeth, rwamaze gukatira Micho igifungo cy’imyaka itatu bitewe n’ibyaha by’ihohotera aregwa.

Uyu munya-Serbia wigeze no gutoza Amavubi Stars nyuma yo kumenyeshwa ko yahamwe n’ibyaha ndetse yakatiwe icyo gifungo yahise ajurira iki cyemezo urukiko rwafashe.

Mu byaha Micho aregwa bimwe byakozwe mu kwezi ku Ukuboza 2020 ubwo yatozaga ikipe y’Igihugu ya Zambia mu irushanwa rya COSAFA y’abatarengeje imyaka 20 (U-20) ryakiniwe muri Afurika y’epfo.

Nkuko bitangazwa n’Urukiko rutangaza ko Ku wa 7 Ukuboza 2020 ubwo hakinwaga imikino ya (COSAFA ) muri Gqeberh hari umugore w’imyaka 39 yari arimo gutanga ikawa kuri Stade Wolfson nk’umukozi utanga serivisi (Servant), nibwo yabajije uyu mugabo niba akeneye agasukari ko gushyira mu ikawa .

Micho yagize ati "Oya". Yongeraho ko akeneye ubundi bwoko kw’isukari, atunga urutoki ku myanya y’ibanga y’umugore wabahaga ikawa, bikaba byatunguranye uyu mugore nawe waregeye umukoresha we imyitwarire y’umutoza Mucho ndeste yaje kwihanangirizwa ko adakwiye iyi myitwarire.

Byongeye kandi ku munsi wakurikiyeho, ibintu byatumye uyu mugore yongera kujya gutanga ikawa kuri ya stade, noneho kuri iyi nshuro Micho yakorakoye ku kibuno cy’uyu mugore bigaragara nabi mu ruhame.

Uyu mugabo w’imyaka 52 y’amavuko yahise atabwa muri yombi nyuma yuko uyu mugore yumureze agezwa imbere y’urukiko rwa New Brighton Magistrare arekurwa atanze Amarandi R10,000 (hafi $66) abarirwa mu manyarwanda ibihumbi 66 birenga by’amande.

Micho akaba ahakana ibi byaha aregwa , tariki ya 19 Ukwakira 2021, yakatiwe igifungo cy’imyaka 3 ku kirego cya mbere, gisubikwa mu gihe cy’imyaka 5 ndetse ninako byagenze ku cyha cya Kabiri yakoze.

Byatumye Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Uganda ( FUFA) ritangaza ko Micho agomba gusubira muri Uganda vuba kugira ngo afashe Uganda Cranes kwitegura imikino y’ijonjora ryo gushaka itike y’igikombe cy’Isi kizabera muri Quatar 2022 aho bagomba kuzakina na Mali , Kenya igomba kuba mu kwezi gutaha kwa Ugushyungo 2021.

Iri shyirahamwe rigira riti" Umutoza wa Uganda Cranes, Milutin Sredojević, yasabye FUFA uruhushya kugira ngo ajye muri gahunda ze bwite muri Afurika y’Epfo ariko agomba kugaruka agafasha ikipe yacu gukomeza kwitegura."

Umutoza Micho yatoje amakipe atandukanye yo ku Mugabe wa Afurika, ndeste akaba yaratoje mu Rwanda mu mwaka wa 2011 na 2013 , Uganda Cranes ikba isigaje imikino itatu yo mu itsinda rya E , mu majonjora yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi kizabera muri Quatar 2022.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru