Umufaransa Zinedine Zidane, yavuze ko agiye kugaruka mu kazi ko gutoza.
Uyu mufaransa Zidane ubwo yaganiraga n’ikinyamakuru Festival Dello Sport dukesha iyi nkuru, yavuze ko yifuza kuba umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu y’Abafaransa umunsi umwe.
Hashize iminsi mu matwi y’abantu benshi humvikana inkuru y’uko abafaransa bashobora kuba barumvikanye na Zidane ko yazababera umutoza nyuma ya Didier Deschamps umaze muri iyi kipe imyaka irenga 12, kuko iyi kipe yayinjiyemo muri 2012. Kuva icyo gihe yatwaranye nayo ibikombe birimo n’igikombe cy’Isi Abafaransa batwaye muri 2018, ubwo cyaberaga mu Burusiya.
Uyu mufaransa Zidane wamenyekanye muri Real Madrid nk’umukinnyi ndetse nk’umutoza, kuko haba gukina ndetse no gutoza, ni umwe mu bakinnyi bahiriwe.
Muri Real Madrid yahatwariye ibikombe byinshi birimo UEFA Champion League, nk’umutoza ndetse nk’umukinnyi.
Abafaransa rero bashobora gutandukana na Didier Claude Deschamps nyuma y’igikombe cy’Isi gitaha, bagatozwa ba Zidane nkuko amakuru menshi abivuga.





















