Friday . 6 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 5 March » Iran yatangije ibitero byo ku butaka ku Ba Kurde bo muri Iraq – read more
  • 5 March » Rura yatangaje ibiciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli – read more
  • 5 March » Inama y’abaminisitiri yemeje ifungurwa ry’abarenga 1800 – read more
  • 4 March » Santa Kinyera wari wungirije muri Ambasade ya Uganda mu Rwanda yapfuye – read more
  • 4 March » Nyagatare: Barasaba ko igishanga cy’umuceri gitunganywa – read more

Zinedine Zidane wamenyekanye nk’umukinnyi ndetse nk’umutoza muri Real Madrid, ashobora kuzatoza Ubufaransa

Monday 13 October 2025
    Yasomwe na

Umufaransa Zinedine Zidane, yavuze ko agiye kugaruka mu kazi ko gutoza.

Uyu mufaransa Zidane ubwo yaganiraga n’ikinyamakuru Festival Dello Sport dukesha iyi nkuru, yavuze ko yifuza kuba umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu y’Abafaransa umunsi umwe.

Hashize iminsi mu matwi y’abantu benshi humvikana inkuru y’uko abafaransa bashobora kuba barumvikanye na Zidane ko yazababera umutoza nyuma ya Didier Deschamps umaze muri iyi kipe imyaka irenga 12, kuko iyi kipe yayinjiyemo muri 2012. Kuva icyo gihe yatwaranye nayo ibikombe birimo n’igikombe cy’Isi Abafaransa batwaye muri 2018, ubwo cyaberaga mu Burusiya.

Uyu mufaransa Zidane wamenyekanye muri Real Madrid nk’umukinnyi ndetse nk’umutoza, kuko haba gukina ndetse no gutoza, ni umwe mu bakinnyi bahiriwe.

Muri Real Madrid yahatwariye ibikombe byinshi birimo UEFA Champion League, nk’umutoza ndetse nk’umukinnyi.

Abafaransa rero bashobora gutandukana na Didier Claude Deschamps nyuma y’igikombe cy’Isi gitaha, bagatozwa ba Zidane nkuko amakuru menshi abivuga.

Valens Nzabonimana

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru