Thursday . 16 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

Zinedine Zidane wamenyekanye nk’umukinnyi ndetse nk’umutoza muri Real Madrid, ashobora kuzatoza Ubufaransa

Monday 13 October 2025
    Yasomwe na

Umufaransa Zinedine Zidane, yavuze ko agiye kugaruka mu kazi ko gutoza.

Uyu mufaransa Zidane ubwo yaganiraga n’ikinyamakuru Festival Dello Sport dukesha iyi nkuru, yavuze ko yifuza kuba umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu y’Abafaransa umunsi umwe.

Hashize iminsi mu matwi y’abantu benshi humvikana inkuru y’uko abafaransa bashobora kuba barumvikanye na Zidane ko yazababera umutoza nyuma ya Didier Deschamps umaze muri iyi kipe imyaka irenga 12, kuko iyi kipe yayinjiyemo muri 2012. Kuva icyo gihe yatwaranye nayo ibikombe birimo n’igikombe cy’Isi Abafaransa batwaye muri 2018, ubwo cyaberaga mu Burusiya.

Uyu mufaransa Zidane wamenyekanye muri Real Madrid nk’umukinnyi ndetse nk’umutoza, kuko haba gukina ndetse no gutoza, ni umwe mu bakinnyi bahiriwe.

Muri Real Madrid yahatwariye ibikombe byinshi birimo UEFA Champion League, nk’umutoza ndetse nk’umukinnyi.

Abafaransa rero bashobora gutandukana na Didier Claude Deschamps nyuma y’igikombe cy’Isi gitaha, bagatozwa ba Zidane nkuko amakuru menshi abivuga.

Valens Nzabonimana

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru