Ikigo giteza imbere ibijyanye no kugera kuri serivisi z’imari, Access to Finance Rwanda (AFR) cyatangije gahunda yitwa Terimbere MSME Facility igamije gufasha abakora ubucuruzi buto n’ubuciriritse kubona serivisi z’imari n’ubundi bufasha bwo guteza imbere ibikorwa byabo.
Iyi gahunda izahuza ba rwiyemezamirimo bato n’abatanga serivisi zigamije guteza imbere ubucuruzi hamwe n’ibigo by’imari bibafasha kubona inguzanyo n’andi mahirwe y’ishoramari. Iyi gahunda kandi ikaba igamije gukemura imbogamizi zirimo kubura amakuru ahagije, ubushobozi buke bwo gucunga imari ndetse no kutabona inguzanyo zibafasha kwagura ubucuruzi.
Terimbere MSME Facility ikorera mu gihugu hose ariko yibanda cyane ku bakorera mu cyaro no ku nkengero z’imijyi. Abacuruzi bahabwa amahugurwa ku micungire y’imari, imikorere y’ibigo, kwamamaza no gushaka amasoko.
Hari kandi serivisi zirimo inguzanyo zoroherejwe, inkunga zidasubizwa n’ubwishingizi ku nguzanyo.
Iyi gahunda izafasha cyane abagore, urubyiruko n’abandi ba rwiyemezamirimo kubona amahirwe yo kwagura ubucuruzi no guhanga imirimo mishya mu gihugu. Ibi biteganyijwe guteza imbere ubukungu bw’abaturage no kongera amahirwe y’iterambere rirambye mu Rwanda hose .
Ghislaine Kamikazi




















