Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

AMAKURU AGEZWEHO MU MIKINO

Thursday 8 May 2025
    Yasomwe na

Shampiyona y’u Rwanda yaraye ikomeje ku munsi wayo 26, ubwo hakinwaga imikino y’ibirarane, iyi mikino yagombaga kuba muri weekend ishize, ariko murabizi ko hari harimo imikino ya nyuma y’Igikombe cy’Amahoro haba mu bagore no mu bagabo, APR FC yatsinze Rayon 2-0 iracyegukana, naho indahangarwa zitsinda Rayon y’Abagore ibitego 4-2.


Gasogi yatsinze Mukura igitego 1-0, ni igitego cyatsinzwe na Ndikumana.

Gasogi yatsinze MUkura VS.

Police FC yatsinze Amagaju ibitego 2-0 iyasanze iwabo, ni ibitego bya Mugisha na Msanga Henry.


Police Fc yatsindiye Amagaju i Huye.

APR FC yaraye itsinze Marines ibitego 3-0, Denis Omedi yatsinze ibitego 2, ikindi gitsindwa na Quatara.


APR FC yisubije umwanya wa mbere itsinze Marine 3-0.

Kuri Uyu munsi Ikipe ya Rayon Sports iraza kwakira ikipe ya Rutsiro kuri Kigali Pele Stadium
Kw’isaha ya 18h kw’isaha y’i Kigali.


Rayon Sports iracakirana na Rutsiro FC mu gushaka kwisubiza umwanya wa mbere.

Urutonde rwa Shampiyona


Urutonde rwa Rwanda Premier League.

Imikino ya playoffs mu cyiciro cya kabiri mu Rwanda yaraye isojwe.

Ikipe ya Gicumbi yegukanye igikombe cyo mu cyiciro cya kabiri, ni nyuma gutsinda Etoile de l’Est ibitego 2-0.

As Muhanga yatsinze La Jeunesse ibitego 2-1, nayo ihita ifata umwanya wa kabiri, byahise biyemerera kuzamuka mu cyiciro cya mbere.


AS Muhanga yagarutse mu cyiciro cya mbere.

Ikipe ya Arsenal yaraye itsinzwe na PSG, ibitego 2-1, PSG yatsindiwe na Ruiz Fabian na Hakimi, naho Arsenal yatsindiwe na Saka. PSG yageze ku mukino wa nyuma, isezereye Arsenal ku bitego 3-1, mu mukino ubanza Dembele niwe wari watsindiye PSG.



PSG isanze Inter ku mukino wa nyuma, Inter yo yasezereye Barça ku wa kabiri iyisezerera ku kinyuranyo cy’ibitego 7-6.

Umukino wa nyuma uzabera I Munich (Allianz Arena) tariki ya 31 z’uku kwezi.

Uyu munsi hari imikino ya nyuma muri EUROPE League muri 1/2.



Ikipe ya Man United iraza kwakira Athletic Club, umukino ubanza Man United yari yatsinze ibitego bitatu ku busa, ibi birayihesha amahirwe yo kugera ku mukino wa nyuma.

Tottenham iraza kwakirwa na Bodoe/Glimt, umukino ubanza Tottenham yari yatsinze ibitego 3-1, Tottenham nayo isa n’iyamaze kugera ku mukino wa nyuma.



Muri Conference League ikipe ya Chelsea saa tatu iraza kwakira Djurgaarden, umukino ubanza Chelsea yari yatsinze ibitego 4-1, nanone saa tatu Fiorentina irakira Real Betis, umukino ubanza Fiorentina yari yatsinzwe ibitego 2-1.

Kapiteni wa PSG Marquinhos, yavuze ko umukinnyi utitangira ikipe atakina muri PSG, ni mu gihe Luis Enrique umutoza wa PSG we avuga ko ikipe ye ikomeye, ni nyuma yo guserera amakipe yose yo mu Bwongereza.


Valens Nzabonimana

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru