Saturday . 27 June 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 24 June » Musanze: JADF yatangaje ko amafaranga y’ingengo y’imari yikubye gatatu muri uyu mwaka – read more
  • 23 June » Ishyaka ryacu rishyize imbere imibereho myiza y’Abaturage, Senateri Dr Frank Habineza – read more
  • 15 June » Abapolisi bo muri Pakistan bibeshye barasa ku muryango w’Abanya-Australia, umwana ahasiga ubuzima – read more
  • 15 June » Ibisasu by’Uburusiya byishe abantu 9 ndetse bitwika Katedarali y’amateka iri i Kyiv – read more
  • 15 June » RMA: Bruce Melody yegukanye igihembo, The Same bataha amaramasa – read more

Rwanda: Hazatangwa ibikombe 2 muri Shampiyona

Tuesday 12 May 2026
    Yasomwe na

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, nyuma y’uko Perezida wa FERWAFA Shema Ngonga Fabrice yari yatangaje ko hazatangwa igikombe kimwe kuri Al Hilal SC, ikipe yo mu Rwanda yaje imbere igahabwa amafaranga gusa, abantu bibazaga uko bizagenda, kuko byari bitandukanye n’ibyatangajwe mbere.

Urwego Rushinzwe gutegura shampiyona, Rwanda Premier League, rwatangaje ko hazatagwa ibikombe bibiri.

Ikipe yo muri Sudani izasoreza ku mwanya wa mbere muri BK Pro League y’uyu mwaka izahabwa igikombe nk’ikipe yahize izindi [BK Pro League Champions 2025/2026]. Ariko aya makipe y’abashyitsi yo ntabwo azahabwa ibihembo by’amafaranga byagenewe amakipe yitwaye neza.

Rwanda Premier League kandi izatanga ikindi gikombe ku ikipe yahize andi mu makipe yo mu Rwanda [BK Pro League National Champions] ndetse akaba ari yo izahagararira u Rwanda muri CAF Champions League ya 2026/2027.

Valens Nzabonimana

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru