Inama yabaye kuri uyu wa Kabiri, yahuje ubuyobozi bw’ikipe ya Etincelles FC hamwe n’abahagarariye abafana b’iyi kipe yafatiwemo imyanzuro irimo guhagarika abafana bagera kuri 3 mu gihe cy’amezi 6.
Ni nyuma yaho abo bashinjwe imyitwarire mibi n’ubuyobozi bw’iyi kipe bugendeye ku buryo bitwaye batabaza Perezida Kagame ku mukino wahuje iyi kioe n’iya APR.
Ni umukino wabaye ku itariki 02/02/2024, kuri Kigali Pele Stadium, umukino waje kurangira APR FC itsinze Etincelles FC igitego 1-0. Nyuma y’iyo ntsinzwi ya Etincelles hari abafana bayo bamwe bagaragaye bafite ibyapa biriho amagambo atabaza Perezida Kagame ngo ’atabare ikipe yabo igeze ahabi’.
Mu itangazo ryagiye ahagaragara kuri uyu wa Kabiri, ubuyobozi bw’iyi kipe bwagaragaje ko bwitandukanyije n’iyi myitwarire y’abo bafana, ndetse bukabona bwarasebeje akarere ka Rubavu, gasanzwe ari umuterankunga w’iyi kipe iherereye muri kano karere.
Ryagize riti: "Ubuyobozi bwa Etincelles FC buramenyesha, abakunzi b’umupira w’amaguru, ndetse n’Abanyarwanda muri rusange, ko bwitandukanye n’ibikorwa bibi, ndetse biteye isoni, byagaragajwe n’abiyitarira, abakunzi ba Etincelles, bigamije gusebya akarere ka Rubavu".
Nubwo bitashyizwe muri rino tangazo, ariko hari amukuru yatugeze ko hari nibura abafana 3 bahanishijwe kumara amaze 6, batagaraga mu bikorwa by’umupira w’amaguru mu marushanwa ategurwa na n’ishyirahamwe ry’umupira w’amagura hano mu Rwanda ( FERWAFA) hamwe n’amarushanwa ategurwa n’ishyirahamwe ritegura imikino ya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru mu bagabo hano mu Rwanda.
Usibye kuri uyu mukino wabahuje na APR FC, hari kandi ngo nabagerageje guhohotera Visi Perezida wa Etincelles FC, ku mukino wahuje iyi kipe na Sunrise FC, kuri stade Umuganda Ku itariki 25, 01, 2024.
Ku geza ubu muri iyi shampiyona, ikipe ya Etincelles FC, iri kumwanya wa 15, ari nawo ubanziriza uwa nyuma, n’amanota 22, ikarushwa na APR FC ya mbere amanota 30, kuko yo ifite amanota 52, nibura mu mikino 6, iheruka gukina, iyi kipe nta mukino numwe iratsinda.























