Muri Rwanda shampiyona y’icyiciro cya mbere, yamaze kubona nyirayo, ni nyuma y’uko ikipe ya Rayon Sports muri iyi weekend inaniwe gutsinda Vision bakanganya 0-0, naho APR FC yo yari yamaze gutsinda Muhazi United igitego 1-0 ni igitego cya Quattara umaze kugeza ibitego 12 mu mikino 14, birashoboka ko yanganya na Omar Abba wa Bugesera ubu afite ibitego 14. APF FC ni igikombe cya 6 itwaye yikurikiranya, kikaba icya 23 mu mateka yayo.
Dore uko imikino yose yagenze muri iyi weekend dusoje.
Rayon 0-0 Vision
Muhazi 0-1 APR FC
Etincelles 0-1 Bugesera
Gasogi 4-1 Rutsiro.
Indi mikino yari yarabaye mbere ya weekend.
Rutsino na Gasogi niyo makipe ya mbere asoje shampiyona, andi makipe aratangira gusoza imikino yayo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 27, kuwa Gatatu hari indi mikino, naho kuwa Kane, nibwo APR FC izakina na Musanze, ari nawo mukino uzaba usonza shampiyona y’u Rwanda.
Umukino uzaba ukomeye cyane uzaba kuwa Kane kuri stade ya Huye, ubwo Amagaju azaba yakiriye Muhazi, izatsinda indi izahita iyimanura mu cyiciro cya kabiri kuko amanota yazo arakurikirana.
Ikipe ya APR Basketball Club bigoranye mu masegonda 2 ya nyuma yabonye itike iyerekeza mu mikino yanyuma ya BAL5 izabera muri South Africa.
Umukino wanyuma mwitsinda rya Nile Conference warangiye APR BBC itsinze Nairobi City amanota 77 kuri 74 maze ihita ifata umwanya wa kabiri inyuma ya AlAhli Tripoli.
Ikipe ya APR FC yashimishe abanyarwanda bose muri rusange, cyane ko Nyakubahwa perezida wa Repabulika y’u Rwanda Paul KAGAME yari yawitabiriye ndetse na Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire.
Muri Afrika ikipe ya RS Berkane yegukanye igikombe cya CAF Confederation Cup ku nshuro ya gatatu, nyuma yo kunganya na Simba SC igitego 1-1 mu mukino wa nyuma wo kwishyura.
Umukino ubanza wari warangiye iyi kipe yo muri Maroc itsinze Simba ibitego 2-0.
I Burayi
Shampiyona yo mu Bwongereza yaraye irangiye, ikipe ya Liverpool yari yaramaze kuyitwara icyari urugamba kwari ukumenya amakipe atanu azajya muri UCL, ayo makipe ni Liverpool , Arsenal, Man City, Chelsea na Newcastle. Haziyongeraho na Tottenham yatwaye igikombe cya Europe League itsinze Man United igitego 1-0.
Kuri uyu wa Gatatu nibwo ikipe ya Chelsea izahura na Real Betis ku mukino wa nyuma muri Conference League, igikombe cya Gatatu I Burayi, ni nyuma ya Champions League, na Europe League.
Naho muri weekend nibwo hazakinwa umukino wa nyuma muri Champions League hagati ya PSG na Inter.
Mu Butaliyani naho shampiyona yaraye irangiye, ku munsi wa Gatanu nibwo Napoli yatwaraga Seria A nyuma yo gutsinda Cagliari ibitego 2-0, igatwara igikombe irusha Inter inota rimwe. Napoli yagize 82, naho Inter igira 81.
Ni nako Kandi Paris Saint-Germain yateraga igikombe cy’Igihugu France Couple itsinze Reims ibitego 3-0.
Muri Spain naho shampiyona yaraye irangiye, nubwo Barça yari yamaze kwegukana iki gikombe, n’amanota 88, kuri 84 ya Real Madrid ya kabiri.
Umunya Georgia Khvicha Kvaratskhelia ukinira PSG, niwe mukinnyi wa mbere wakoze amateka yo gukina mu makipe abiri muri season imwe yose agatwara igikombe, yavuze muri Napoli none ubu ari muri PSG, Kandi ayo makipe yose yatwaye igikombe cya shampiyona ndetse muri weekend ashobora gutwara UCL hamwe na PSG ubwo izaba isekurana na Inter ku mukino wa nyuma.
Viktor Gyökeres yabajijwe kuhazaza he avuga ko we yitaye ku mukino afite ubu, avuga ko ataravugana na Arsenal, ni nyuma y’uko iyi kipe hari abagiye bashyira hanze amakuru ko iri kumushaka, ati niba iri kunshaka reka tubitegereze muri iri gura n’igurisha rigiye kuza.





















