Abantu icyenda bishwe, abandi benshi barakomereka mu gitero gikomeye cy’ibisasu by’Uburusiya byagabwe muri Ukraine, aho kandi inyubako ikomeye y’idini iri mu murwa mukuru Kyiv yafashwe n’inkongi y’umuriro, nk’uko abayobozi babitangaje.
Abantu bane bishwe mu bitero byagabwe i Kyiv, mu gihe abakozi batanu b’ubutabazi bapfuye bagerageza kuzimya inkongi y’umuriro yatewe n’igitero cyagabwe ku mujyi wa Kharkiv uri mu Majyaruguru y’Iburasirazuba bwa Ukraine, nk’uko abayobozi babitangaje.
Kiliziya Nkuru ya Dormition Cathedral yubatswe mu kinyejana cya 11 yangiritse cyane, ibyo Minisitiri w’Intebe wa Ukraine, Yulia Svyrydenko, yise "igitero cy’ubugome gikorewe abaturage bacu n’umurage wacu."
Hagati aho, igitero cya drone cya Ukraine cyagabwe mu mujyi wa Tula mu Burusiya, mu Majyepfo ya Moscow, cyahitanye abantu batatu, gikomeretsa abandi batatu barimo umwana w’umwaka umwe.
Ibitero bya drones na misile byateje inkongi z’umuriro mu nyubako no mu modoka, ndetse bisiga abantu barenga 140,000 bo mu murwa mukuru wa Ukraine, Kyiv, badafite amashanyarazi, nk’uko Meya wa Kyiv, Vitali Klitschko, yabitangaje.
Ibitero byagabwe kuri Kyiv, byibasiye inyubako nyinshi zituwemo n’abaturage, byakomerekeje nibura abantu 23, mu gihe abandi batanu bakomerekeye mu mujyi wa Kharkiv.




















