Monday . 2 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Gakenke:Abikorera bafatanyije n’abakozi b’ibitaro bya Nemba bibutse abazize Jenoside yakorewe Abatutsi

Saturday 8 June 2024
    Yasomwe na


Abakozi b’ibitaro bya Nemba n’abikorera bo mu karere ka Gakenke bibutse ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bahoze ari abakozi b’ibi bitaro ndetse n’abikoreraga muri icyo gihe, bose bishwe bazira uko baremwe.

Ni igikorwa cyabanjirijwe n’urugendo rwo kwibuka, rwatangiriye ku bitaro bya Nemba berekeza ku Rwibutso rw’Akarere ka Gakenke rushyinguwemo imibiri 1889 y’Abatutsi biswhe urw’agashinyaguro bazira uko baremwe.

Mu kiganiro cyatanzwe na Mfitimufasha Eden, umuyobozi w’ishuri ryisumbuye rya Nyarutovu yagarutse ku nzira y’umusaraba Abatutsi banyuzemo ubwo bicwaga urw’agashinyaguro, bameneshwa, batotezwa bitewe na Leta mbi yari iriho, aho bafataga Umututsi nk’umwanzi w’Igihugu arinako bicwaga.

Umwe mu barokokeye, Tuyambaze Beata yagarutse ku rugendo rutoroshye yanyuzemo, ndetse yavuze uburyo umubyeyi we yishwe urw’agashinyaguro n’abantu yari yarahaye akazi akaba aribo bamujyanye kumwica.

Yagize ati: "Twari dufite umuryango mwiza wishoboye, wifite kandi usenga, tukaza gusengera hano ku kiliziya i Nemba twishimye, Papa yari umucuruzi ukomeye hano mu Gakenke, bari babizi; kuva muri 90 ntabwo twigeze tugira amahoro. Jenoside yarateguwe kuko Interahanwe zitwikiraga ijoro bakajya baza gukomanga, bakaza kudusahura, bavuga ko bari gushaka Inkotanyi ngo zihishe iwacu, bakatubuza amahoro. Ubwo Papa akabaha mafaranga bakagenda, ubwo rero mu rugo hahoraga abantu benshi, abaza kuduhingira, mbese Mama yahaga ibyo kurya buri wese."

Tuyambaze Beatha akomeza ubuhamya agira ati: "Urwango rwakomeje kwigishwa mu bato bakajya badutoteza mu ishuri; iyo wabaga uri Umututsi ntabwo wabashaga kunyura kuri Buranga, hari hari Urwibutso kuko bagusabaga kwicururira ukishyingura uri muzima. Ubwo aho twari twihishe Papa baramutwaye abo yakoreshaga, yagaburiraga, yagiriye neza, bajya kumwica barangije bamwambura ibyo yari afite byose, imyenda, inkweto. Ubwo interahamwe zakomeje kudushinyagurira ngo aba bagore beza ntawabica, mu rwego rwo kugira ngo baturundanye batwice, badukoresha urugendo badukubita imipanga, ubuhiri, ba mama babicira aho tureba."

Akomeza ashimira Imana yabarinze ndetse n’Inkotanyi zaje gutabara Abatutsi.

Umuyobozi w’ibitaro bya Nemba Dr Habimana Jean Baptiste yavuze ko ibyabaye ari amahano atarakwiye kubaho.

Yagize ati:"Muri aka gace ka Gakenke habaye amahano, ubumuntu bwari bwatakaye aho umuntu yicaga undi kandi bose bararemwe mu ishusho imwe, turufuza ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 itazongera kubaho ukundi."

Umuyobozi w’Abikorera (PSF) mu karere ka Gakenke Mbaga Daniel yavuze ko nk’abikorera bazakomeza kugira uruhare mu gukomeza kuba hafi abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bababa hafi mu buryo bwose bushoboka.

Mukanyarwaya Donatha uhagariye abikorera mu ntara y’Amajyaruguru (PSF) yanenze abikorera bijanditse mu marorerwa ya Jenoside mu 1994, ndetse yashimiye Perezida Kagame wahagaritse Jenoside.

Yasabye ababyeyi kujya baganiriza abana ku mateka y’Igihugu atagoretse.

Yagize ati: "Ndanenga cyane abikorera bijanditse muri ayo marorerwa ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ndasaba ababyeyi kujya muganiriza abana banyu mukajya mubabwira amateka atagoretse, kandi ntitwabura gushimira Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame wahagaritse ubwicanyi."

Perezida wa Ibuka mu karere ka Gakenke Bwana Hamdoun Twagirimana yashimiye abikorera ndetse n’ibitaro bya Nemba uruhare rwabo mu kuzirikana abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Yongeye gusaba kandi buri wese muri aka karere ka Gakenke uzi ahakiri imibiri kuyigaragaza kugira ngo ishyingurwe mu cyubahiro.

Mukandayisenga Vestine, Umuyobozi w’Akarere ka Gakenke yihanganishije imiryango yabuze ababo, yibutsa impumvu abanyarwanda bibuka buri mwaka.

Yagize ati: "Mbere na mbere ndabanza nihanganishe imiryango yabuze ababo muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994; turibuka abacu kugira ngo amateka atazazima, twibuka abacu bazize uko baremwe, kwibuka kandi biduha imbaraga zo guhangana n’abahakana ndetse bagapfobya Jenoside, muri aka karere iwacu twabonye umuntu umwe wapfobeje Jenoside mu minsi yashyize, kandi ntituzigera twihanganira uwari we wese ugarura amacakubiri kugira ngo abantu bongere bicane, turi mu gihugu cyiza muhunure ntabwo bibongera."

Yakomeje agira ati: "Biteye isoni n’agahinda, uwo wagaburiraga, wahaga akazi, umuganga wakuvuraga ukamwica; ndashimira abarokotse Jenoside uburyo mwatanze imbabazi n’ubutwari turabibashimiye, ndashimira PSF uruhare mwagize kugira ngo mubashe kuremera iyi miryango mufatanyije nibitaro bya Nemba."

Uyu munsi kandi harakomeza umugoroba wo kwibuka ku Rwibutso rwa rw’Akarere ka Gakenke ruherereye muri Buranga,

Habayeho n’igikorwa cyo kuremera imwe mu miryango yagizweho ingaruka na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, harimo n’iyagiye ibura abavandimwe babo bishwe urw’agashinyaguro mu gihe cya Jenoside.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru