Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Umukino w’umunsi wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda Primus National League (PNL) ikipe ya Musanze FC ikomeje kwitegura Kiyovu Sports arinako benshi mu bakunzi baya makipe yombi bakaniye uyu mukino.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 5 Werurwe 2022 nibwo ikipe yo mu Majyaruguru mu karere ka Musanze (Musanze Fc), iri bube yakiriye ikipe ya Kiyovu sports yo mu mujyi wa Kigali; kuri ubu kiyovu sports ifite intego y’igikombe kubera ko inganya n’ikipe ya mbere ari yo APR Fc, amanota 41-41.
Ikipe ya Musanze FC ntiratsindirwa kuri stade yayo "Ubworoherane" kuva imikino yo kwishyura yatangira ndetse iheruka kuhatsindira na APR Fc, biravugwa ko Kiyovu sports yatangiye gutegura uyu mukino cyane bijyanye n’ubushongore Musanze fc ifite muri iyi minsi bwo kwisasira amakipe y’ibigugu.
Kiyovu sports iherutse kunyagira Gicumbi fc ibitego 6-0 , mu gihe Musanze fc iherutse kunganyiriza na Espoir FC i Rusizi igitego 1-1.
Mu mukino ubanza wahuje aya makipe yombi wabaye tariki 27 Ugushyingo 2021 kuri Stade Amahoro i Remera, ubwo Kiyovu Sports yatsinze igitego 1-0 mu mukino utaravuzweho rumwe n’abamwe mu bakunzi ba Musanze banenga imisifirire.
Mu bandi bagarutse kuri iyi misifurire itaravuzweho rumwe harimo na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu Hon.Gatabazi Jean Marie Vianney, abicishije ku rubuta Twitter avuga ko amakipe yo mu ntara ashobora kuba adasifurirwa neza.
Minisitiri Gatabazi yagize ati "FERWAFA harya ubu igitego nk’iki nacyo bisaba ikoranabuhanga kugira ngo mubone ko uwagitsinze yari yarariye cyangwa ku makipe yo mu byaro amategeko yarahindutse."
Yakomeje asaba minisitiri w’umuco na Siporo kugerageza gushyira ingufu mu misifurire, yagize ati "@AuroreMimosa@Rwanda_Sports.Mugerageze kuba abanyakuri nibitaba ibyo Football ntaho yaba igana @rbarwanda@musanzefc."
Abafana ba Musanze baravuga iki mbere y’umukino
Abafana ba Musanze fc batangarije mamaurwagasabo ko bagomba gutsinda uyu mukino byanga bikunze ngo kuko bashaka kuza mu myanya 4 ya Mbere.
Umwe mu bafana ba Musanze fc yagize ati "Muvandimwe wabonye ibyo twakoreye APR Fc , ubu turimo kwitegura Kiyovu sports kuri uyu wa Gatandatu, tuzayitsinda ibitego 3-1 abasifuzi nibatatwiba."
Kuva shampiyona yatangira Musanze fc yatsindiwe kuri stade Ubworoherane n’ikipe ya Police fc ibitego 2-1, mu gihe kandi yahanganyirije imikino ibiri gusa ya Espoir fc na Etencel fc.
Kuri ubu ikipe ya Musanze fc iri ku mwanya wa 6 n’amanota 31, inganya na As Kigali mu gihe ikipe ya Kiyovu sports iza ku mwanya wa Kabiri n’amanota 41 inganya na APR fC.
Imisifurire yabaye ikibazo mu mukino uheruka w’aya makipe






















