Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Ikipe ya Sunrise FC yabonye umutoza mushya

Wednesday 1 November 2023
    Yasomwe na


Nyuma yo gutandukana n’umutoza Muhire Hassan wirukanwe kubera umusaruro muke, kipe ya Sunrise FC imaze kubona umutoza mushya Jackson Mayanja ukomoka mu gihugu cya Uganda.

Muhire Hassan yatandukanye na SunriseFC tariki ya 23 Ukwakira 2023 kubera umusaruro hafi ya ntawo, aho byavugwagwa ko agomba gusimburwa na Seninga Innocent ariko birangiye ihawe umugande watoje amakipe akomeye muri iki gihugu guturanye n’u Rwanda.

Mayanja w’imyaka 54 amaze iminsi mu Rwanda akurikirana Sunrise FC yashyize umukono ku masezerano azageza mu mpera za shampiyona y’uyu mwaka wa 2022-23, ndetse yakurikiye umukino Sunrise FC yatsinzwemo na Muhazi fc igitego 1-0.

Mayanja arazwi cyane muri Uganda kubera ko yatoje amakipe arimo KCCA. ndetse yigeze no gutoza muri AS Kigali nk’umutoza wari wungirije Mike Mutebi ubwo yari muri iyi kipe atamazeno igihe.

Uyu mutoza mushya aramukijwe Sunrise FC iri ku mwanya wa nyuma n’amanota atandatu ku rutonde rwagateganyo.

Yanditswe na Jean Claude Ndayambaje

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru