Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Mu gihe habura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda itangire Umuyobozi wa TV na Radio 1 akaba n’umuyobozi wa Gasogi, Kakooza Nkuriza Charles yavuzeko Rayon itazigera imutsinda, habe n’umwe mu mikino bazahura.
Ni nyuma yo gutsinda ikipe ya Sunrise fc mu mukino wa gicuti.
Bakina bya gicuti Ikipe ya Gasogi United yatsinze Sunrise fc igitego 1-0, umuyobozi wayo uzwi nka KNC yahise atanga ubutumwa bukomeye ku muryango wa Rayon Sports.
Yagize ati: "Rayon Sports twigeze no guhura nayo ikiri mu mu cyiciro cya kabiri ariko yagiye irira, ikimbabaje ni kimwe, nibuko mugiye kubona ubwambure bwa Rayon Sports. Ubundi yabashukaga, tugiye kuyambika ubusa ku karubanda muyirebe, twebwe icyo dushaka ni ukuyambura ubusa mukayibona neza."
Igitego kiri gukirigira Gasogi ku mukino wa Sunrise cyatsinzwe na Cedric Lisombo lisele ku munota wa 12’ wahoze akinira ikipe ya Rwamagana ariko ubu yahindutse Muhazi fc.
Ku munsi wa mbere wa shampiyona izatangira izatangira tariki ya 18 kanama 2023 Gasogi United izatangirana na Rayon Sports.
























