Imiryango ine ituranye n’ishuri ry’Urwunge rw’amashuri rwa Kinini ruherereye mu Mudugudu wa Kijibamba mu Kagari ka Rwesero, mu Murenge wa Kagano ho mu Karere ka Nyamasheke, irasaba ko yakwimurwa kuko ibangamiwe no guturana n’iri shuri.
Bavuga ko nta nzira bafite yo gucamo kuko ishuri ryayifunze, bakagaragaza ko hari n’umunuko uva mu bwihererero bw’iri shuri ndetse n’abana babangiriza imitungo bityo bakaba ariho bahera basaba ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke kubafasha bakimurwa.
Daniel Nshimyumuremyi ni umwe mu miryango ituranye n’iryo shuri, yagize ati: ’Iki kibazo kiratubangamiye, ubuyobozi bw’ishuri bwatubujije guca mu kigo, turasesera, muzatubarize rwose. Mbere yuko iri shuri ryubakwa twari dufite inzira, umuturage wayiduhaye nawe baje kumugurira."
Uwitwa Beatrice yunzemo ati: “Bazadukize umunuko wo mu bwiherero ndetse n’abana bakunda kuza kutwangiriza rwose, badufashe bagicyemure.”
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kagano, Uwimana Damas yavuze ko basanze abandi baturage nta kibazo bafitanye n’ishuri ahubwo ari umuturage umwe, kuburyo nawe yakodesherejwe kandi yabariwe azishyurwa.
Yagize ati: “Urugo rwari rufite ikibazo ni rumwe kandi ntabwo rukihaba ruracumbikiwe, nirwo rwonyine, icyo kibazo kindi ntacyo tuzi kandi niyo cyanamenyekana, ikibazo cy’inzira abantu bareba uburyo inzira iboneka.”
Ibyo Gitifu avuga bivuguruzwa n’uyu muturage Jean Pierre Urimubenshi bakodeshereje, avuga ko hashize umwaka bamwemereye kumwimura ndetse naho bamukodeshereje hakaba hashize amezi atatu batishyura inzu.
Ati: “Ya dosiye ntabwo iracyemuka pe, banjyanye mu bukode bigeze hagati banga kwishyura, amezi abaye atatu. Mbangamiwe nuko banjyanye mu bukode kandi bakanga kwishyura, dore umwaka ugiye kurangira kandi barambariye.”
Twagerageje kuvugisha umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke, Mupenzi Narcisse ariko ntiyatwitaba ku murongo wa Telefone ye igendanwa, twashakaga kumubaza impamvu iki kibazo cy’imiryango ine ituranye ni iri shuri kizasubizwa.


















