Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Nubwo ntawayiciraga akari urutega Real Madrid yasezereye Manchester City muri UEFA Champions League y’uyu mwaka nyuma yo kuyitsinda ibitego 3-1 mu mukino wo kwishyura wabereye i Santiago Bernabeu muri Espagne.
Ni umukini wasabye iminota 30 y’inyongera kuri 90’ isanzwe y’umukino kugira ngo bisobanure.
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 4 Gicurasi 2022 nibwo abakunzi ba Ruhago bari bategereje ikipe yagombaga kubona itike yo gukina umukino wanyuma wa champions league.
Wari umukino ugoye cyane ku mpande zombi watumye Real Madrid ikatisha itike y’umukino wa nyuma izacakirana na Liverpool tariki ya 28 Gicurasi 2022 nayo yamaze kubona itike.
Ni umukino watangiye guca amarenga ko Manchester city igomba gutsinda byanga bikunda kuko ku munota wa 74’ yabanje igitego cyatsinzwe na Riyad Mahrez, ibintu byatumye Umutoza Carlo Ancelotti ajya ku gitutu cyo kwigobotora abasore ba Guadiora.
Imibare yahise iba myinshi kuri Real Madrid yari ifite umwenda w’ibitego 2 byayisabye gukoresha iyo bwabaga kugira ngo igire icyizere cyo kuba yagera mu mikino wanyuma.
Byahinduye isura ku munota wa 90’ ubwo Rodrygo yinjije igitego cya Real Madrid ndetse cyabaye nk’igikanguye abakinnyi ba Real Madrid n’umurindi w’abafana wahise uzamuka cyane kuri sitade ya Santiago. Iminota 90’ isanzwe y’umukino yarangiye nta cyizere cyo kuguma mu irushanwa gusa ikoresha imbaraga nyinshi cyane.
Nyuma yaho umusifuzi yongeyeho iminota 6’ y’inyongera kugira ngo umukino urangire ariko nyuma y’umunota 1’ gusa Rodrygo yatsindiye Madrid igitego cya kabiri bituma amakipe anganya ibitego 5-5 mu mikino yombi, amarira atangira gushoka ku matama ya Guadiora.
Biyambaje iminota 30’ kugira ngo haboneke ikipe ikomeza ku mukino wa nyuma gusa byaje kuba ibindi ku munota wa 95’ ubwo Rutahizamu Karim Benzema yatsinze igitego kuri penaliti, igutego cyatumye Real Madrid igera Ku Mukino wa nyuma.
Umukino warangiye Real Madrid yegukanye intsinzi ku bitego 3-1 mu mukino wo kwishyura, biba ibitego 6-5 mu mikino yombi, Guardiola n’abasore be barambarara mu kibuga bibaza ibibabayeho.
Real Madrid ikazakina na Liverpool tariki ya 28 Gicurasi 2022 Saa 21h00’.
























