Thursday . 16 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

Abandi banyamakuru bakomeye bagiye kurushinga

Monday 22 May 2023
    Yasomwe na

Umunyamakuru Ismael Mwanafunzi uzwi mu gukora ibyegeranyo bicukumbye byigaruriye amatwi ya benshi mu Rwanda, agiye kurushinga na mugenzi we MAHORO Claudine wamenyekanye kuri TV10.

Bitangiye kumenyekana ko abahuje umwuga, cyane cyane mu itangazamakuru mu Rwanda ko bahitamo kubana nk’umugabo n’umugore.

Mu kiganiro kigufi Mwanafunzi yagiranye na PRIMO.RW yemeje amakuru y’ubukwe bwe na Mahoro Claudine, ashimangira ko bamaze igihe mu rukundo n’ubwo byari hagati yabo gusa n’izindi nshuti zabo nkeya.

Yavuze ko ubukwe bwabo buteganyijwe taliki 1 Nyakanga 2023, aho imihango yose Gusaba no Gukwa ndetse no Gusezerana imbere y’Imana bizabera i Butare.

Yagize ati “Nibyo koko ubu ndi kwitegura kurushinga n’uwo tumaze iminsi mu rukundo. Ni Mahoro Claudine. Ibirori bizabera mu Majyepfo y’u Rwanda mu Karere ka Huye. Imihango yose [Gusaba no gukwa ndetse no kwakira inshuti n’imiryango] izabera Musée Ethnographique iherereye i Huye.”

Mwanafunzi avuga ko imyiteguro y’ubukwe bwabo irimbanyije.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru