Imikino ya 1/2 yo kwishyura mu Gikombe cy’Amahoro izaba ku munsi wejo izabera muri stade Amahoro, Saa 16h00:APR FC izakira Police FC, Saa 19h30:Rayon Sports FC izakire Mukura VS
Aya makipe azakira azagabana amafaranga yose azinjira kuri iyi mikino.
Kwinjira ni 3000, ahasanzwe hasi no hejuru, VIP 30,000, VVIP 50,000, Executive Seats 100,000, ku munsi wa match ahasanzwe ni 5000, VIP ni 50,000 na VVIP 100,000 naho Executive ni 150,000.
Ikipe ya Rayon Sports iri mu mwiherero i Runda mu Karere ka Kamonyi, aho iri kwitegura umukino wo kwishyura wa ½ mu gikombe cy’Amahoro uzayihuza na Mukura VS&L kuwa Gatatu, Taliki 30 Mata 2025.
Ikipe ya APR FC nayo ikomeje imyitozo, aho yatangaje ko ishaka gukuramo Police.
Mu mukino ubanza, amakipe yombi yanganyije 1-1, haba APR na Police, ndetse na Mukuru yanganyije na Rayon ubwo bakiniraga I Huye.
Ikipe ya Rutsiro FC yahagaritse umutoza Gatera Musa kubera icyo yise "umusaruro nkene kuri match yanyagiweho 5-0 na APR FC kuwa gatandatu"
Minisitiri wa Siporo, Mukazayire Nelly uri mu ruzinduko rw’akazi muri Portugal yasuye anaganira n’abayobozi ba Benfica Lisbon. Uru ruzinduko rugamije kwagura ubufatanye muri Siporo, u Rwanda rusanzwe rufitanye amasezerano na Bayern yo mu Budage, PSG yo mu Bufaransa na Arsenal yo mu Bwongereza, uyu munsi aya makipe PSG na Arsenal zifitanye umukino.
Hari amakuru avuga ko Benfica ishaka gutangiza umushinga wa Siporo mu Rwanda.
Rutahizamu wa Rayon Fall Ngagne aracyayoboye abamaze gutsinda ibitego byinshi, muri shampiyona y’u Rwanda, afite ibitego 13, shampiyona y’u Rwanda irabura iminsi 5 ngo irangire.
I Burayi
Uyu munsi imikino ya UEFA Champions League iraza gukomeza muri 1/2 ikipe ya Arsenal saa tatu iraza kwakira PSG yo mu Bufaransa.
Umunya- Brazil Gabriel Martinelli ukinira Arsenal We yavuze ko afite inzozi zo kuzatwara igikombe cya UEFA Champions League.
Ati Arsenal ntiratwara iki gikombe, ubu ibifitiye ubushobozi, kuko n’imwe mu makipe meza ari ku Isi, twishimiye ibihe turimo.
Ikipe ya Roma yo mu Butaliyani ikomeje kwitwara neza, ni nyuma yo gutangira umwaka w’imikino ititwara neza, ariko ubu imaze imikino 18 itaratsindwaho, ku Cyumweru yatsinze Inter igitego 1-0.
Umutaliyani Carlo Ancelotti utoza Real Madrid, agiye gutoza ikipe y’igihugu ya Brazil kuva muri uku Kwa Gatandatu.


























