Tuesday . 1 July 2025

INKURU ZIGEZWEHO

  • 30 June » Niki twakwitega ku iserukiramucogurisha ryitezwe mu turere dutanu? – read more
  • 26 June » Rubavu: Ababyeyi barasabwa kugira uruhare mu ku rwanya imirire mibi y’abana – read more
  • 24 June » Nyuma yaho shampiyona yarangiye tutagiye mu Cyiciro cya kabiri twabonye isomo-Meya Nsengimana – read more
  • 23 June » Hari abakobwa benshi cyane aha ngaha bahabonera abagabo - umwe usengera ahiswe ku Iriba rya Yakobo muri Nyundo – read more
  • 23 June » Umuzamu w’umunyarwanda agiye gukina hanze y’umugabane w’Afurika – read more

Amakipe y’Igihugu ya Sitting volleyball agiye guhagararira u Rwanda mu gikombe cy’isi yafashe rutemikirere

Friday 3 November 2023
    Yasomwe na


Ikipe y’Igihugu y’Abagabo n’iy’Abagabo muri sitting Volleyball (mu bafite ubumuga) bahagurutse i Kigali berekeza i Cairo mu Misiri ahazabera imikino y’igikombe cy’Isi.

Bahagurutse kuri uyu wa Kane tariki 2 Ugushyingo 2023, mbere yo kwakirwa na Minisiteri ya Siporo aho bashyikirijwe Ibendera ry’u Rwanda ndetse basabwe kuzaserukira Igihugu neza.

Minisitiri wa Siporo Madamu Aurore Mimosa Munyangaju, yasabye abakinnyi kuzitwara neza ngo bagakora nkuko ubuherutse bavuye ku mwanya wa 11 bakagera ku wa Gatandatu ndetse n’abagabo bavuye ku wa 17 bakagera kuri 13, ibi byose ngo nibabigeraho bizaba ishema ku gihugu.

Yagize Ati: "Gufasha uwifashije biroroha ndetse bikanihuta; niba mwarakuyeho imyanya itanu ubuheruka, ubu murumva ko mwongeye uko byagenda neza, iyo tugiye guhatana tuba dushaka umwanya wa mbere, natwe tuzakomeza kubashyigikira kandi amakuru yanyu yose tuzajya tuyamenya neza ikindi ni uko Sitting Volleyball tuyishima kuko ituma u Rwanda rugaragara ko rwageze kure hashoboka."

Umuyobozi wa Komite y’Imikino y’Abafite Ubumuga mu Rwanda [NPC-Rwanda] akaba n’umwe mu bakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Bwana Murema Jean Baptiste, yavuze ko bazakora ibishoboka byose bakitwara neza.

Ati: "Ikipe yacu iri ku mwanya wa gatandatu ku Isi ariko turashaka kuwuvaho tukaza imbere ndetse n’abagabo bakegera imbere ku rutonde.”

Ku ruhande rw’abakinnyi nabo bavuga ko bafite icyizere cyo kuzitwara neza nk’uko Liliane Mukobwankawe Liliane Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu y’Abagore ya Sitting Volleyball, yabigarutseho ashimangira ko bazakora ibishoboka byose.

Dr Mossad Rashad n’umutoza w’ikipe y’Igihugu kuri we afite icyozete ngo abakinnyi bafite imyitozo yose ikenewe, yavuze ko imyiteguro yagenze neza.

Amakipe y’u Rwanda agiye hakiri kare mu rwego rwo gukomeza kwitegura neza ndetse ngo bijyane n’umubano mwiza u Rwanda rufitanye na Misiri aya makipe kandi ngo azabanza akine imikino ya gicuti bitegura gutangira amarushanwa nyirizina.

Iyi mikino izaba hagati ya 11-19 Ugushyingo 2023

Yanditswe na Jean Claude Ndayambaje

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru