Abakorera mu isoko rya Gahunga riherereye mu karere ka Burera baravuga ko babangamiwe no kunyagirwa kubera ko iri soko riva.
Aba bacuruzi babibwiye umunyamakuru wa Mamaurwagasabo TV ubwo yarageze muri iri soko.
Ntakirutimana Enock yagize ati”Imvura itumereye nabi hariya mu mireko harava cyane nuko uje imvura imaze guhita ngo urebe uburyo amazi aba yisuka , ibicuruzwa byacu biranyagirwa mbese twarumiwe.”
Undi mucuruzi witwa Evariste yagize ati”Nk’abacuruzu b’imyenda iyo yanyagiwe duhura n’igihombo gikomeye kuko itakaza umwimereye, turasaba ko badusanira iri soko tukajya ducururiza ahantu hazima tutanyagirwa.”
Umuyobozi w’Akarere ka Burera Mukamana Soline yavuze ko iki kibazo bakizi ahubwo ngo nta ngengo y’imari bafite yo kurisana.
Ati’Ikibazo turakizi iryo soko rya Gahunga rirava si iryo gusa hari n’andi ariko ntabushobozi dufite murabizi akarere ka Burera n’akarere k’icyaro ntabwo nakwigereranya na Musanze cyangwa Gicumbi, ubwo rero ntabwo nzajya gusana isoko nsize hari umuturage urimo kunyagirwa.”
Isoko rya Gahunga rirema kabiri mu cyumweru aho abaturage baturuka Musanze na Burera ari bo bakunze kurirema, usanga hejuru mu mireko yaryo ryarangiritse mu buryo bugaragara, niho bahera basaba ko ryasanwa.


























