Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Carlo Ancelotti yemejwe nk’umutoza w’ikipe y’igihugu ya Brazil

Monday 12 May 2025
    Yasomwe na

Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Brazil yemeje ko guhera mu mpera z’ukwezi kwa Gicurasi, umutaliyani Carlo Ancelotti azatangira kuba umutoza w’ikipe y’igihugu ya Brazil izwi nka Celecao.


Umunyamakuru uzwi cyane witwa Fabrizio Romano yemeje ko Ancelotti azaba umutoza wa Brazil.

Carlo Ancelotti w’imyaka 65 y’amavuko azatangira inshingano ze nk’umutoza mukuru wa Brazil tariki 26 Gicurasi nyuma y’isozwa rya shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Espagne izwi nka La Liga.


Ancelotti yari yagarutse muri Real Madrid mu 2021 avuye muri Everton yo mu bwongereza.

Ancelotti avuye mw’ikipe ya Real Madrid afatwa nk’umwe mu batoza bakoze amateka muri iyo kipe yambara umweru ibarizwa mu murwa mukuru w’ubwami bwa Espagne.


Ancelotti yegukanye ibikombe 15 mu bihe bibiri bitandukanye, ndetse yafashije ikipe ya Real Madrid kwegukana igikombe cya Uefa Champions League ndetse anegukana igikombe cya Shampiyona.


Nyuma yo gutsindwa umukino bahuyemo na Barcelone ku cyumweru ndetse bakaba baraviriyemo muri 1/4 mu marushanwa yo ku mugabane w’uburayi, byatumye uyu mwaka ikipe ya Real madrid nta gikombe icyo aricyo cyose izatwara muri uyu mwaka w’imikino bikaba bibaye bwa mbere mu myaka ine.


Ancelotti yatoje amakipe 11 mu myaka 33 amaze mu butoza.

Carlo Ancelotti azibukwa cyane muri Real Madrid nk’uwayifashije kongera kwegukana igikombe cya Champions League ya 2014, kikaba cyari igikombe cya cumi Real yari itwaye mu mateka yayo nyuma yo kumara imyaka 12 itagikozaho imitwe y’intoki.


Muri Brazil azasimbura Dorivar Junior watangiye gutoza iyo kipe muri Mutarama 2024 akaba yarasezerewe mu kwezi kwa gatatu kubera umusaruro muke mu gushaka itike yo gukina igikombe cy’isi cya 2026.


Ancelotti yatangiye akazi k’ubutoza mu mwaka w’1992 yungiirije mw’ikipe y’igihugu mu gihe cy’imyaka itatu, yatoje amakipe nka Parma, Juventus,Naples na Milan Ac zo mu butariyani, Chelsea na Everton zo mu bwongereza, Bayern Munchen yo mu budage, PSG yo mu mubafaransa na Real Madrid yo muri Espagne.


Chadadi Habimana

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru