Hari abaturage bakora amasukura mu mujyi wa Gakenke bavuga ko bagiye kumara amezi asaga ane badahembwa, kuri ubu barasaba gutabarwa.
Aba baturage babitangarije umunyamakuru wa Mamaurwagasabo TV ubwo yarageze muri aka karere ka Gakenke aho basaba ko bakwishyurwa amafaranga bakoreye.
Umwe muri aba baturage Yagize ati”Tumaze amezi ane tudahembwa twarumiwe mudukorere ubuvugizi tubaza abadukuriye bakatubwira ngo bizakorwa ariko twarategereje amaso ahera mu kirere tumerewe nabi.”
Undi yagize ati”Duheruka guhembwa mu kwezi kwa Gatandatu none tugeze mu kwezi kwa Cumi Ubu se muduha agaciro koko, murabizi imibereho yo muri iki gihe ntabwo yoroshye twakabaye turi kugura agafumbire nk’abandi, ariko turashonje nawe urabibona.”
Umuyobozi w’Akarere ka Gakenke Mukandayisenga Vestine yavuze ko bitarenga tariki ya 9/10/2025 batishyuwe.
Ati”Ntabwo bizarenga ejo batishyuwe.”
Nanone kandi aba baturage barasaba ko bakongezwa umushahara ngo kuko bahembwa amafaranga y’intica nikize , uyu bahembwa ibihumbi 10000rwf ku kwezi byibuze arifuza ko bajya bahembwa ibihumbi 15000rwf.
























