Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Gakenke: Abatuye Mataba bagorwa no kugeza umusaruro ku isoko

Tuesday 28 January 2025
    Yasomwe na


Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Mataba w’Akarere ka Gakenke bavuga ko babona umusaruro ahagije ariko bakaba bakihorwa no kuwugeza ku isoko bitewe nuko umuhanda wa Mataba -Gakenke wuzuyemo ibinogo.

Aba baturage babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo TV ubwo yagerega muri uyu murenge, aho bamwe mu bahinzi n’aborozi basaba ko babona uburyo bwo kujya bageza umusaruro ku isoko biboroheye.

Ndagijimana Theoneste wo mu kagari ka Nyundo yagize ati: "Nawe urabibona, imyumbati, ibishyimbo, ikawa ibigori, ibijumba byose hano turabyeza ariko imbogamizi duhura nazo nukugeza uyu musaruro wacu ku isoko. Umuhanda wacu warangiritse cyane, ibiraro byagiye bigwamo, nta modoka iremereye yahanyura; turasaba ko badukorera uyu muhanda wacu tukava mu bwigunge."

Undi muturage witwa Niyonshuti Emmanuel yagize ati: "Amateme yarangirise, baraza bakabikora mu gihe gito bikongera kwangirika. Umusaruro turaweza ukaboneka ariko twifuza kuwugeza mu isoko rigari rya Gakenke naza Musanze bikatugora kuba uyu muhanda utameze neza. Byaratuyobeye, tumeze nk’abantu bari mu cyaro kandi twagakwiye kujya dusagurira amasoko mu gihe twaba dufite umuhanda."

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Mataba, Ruhashya Charles avuga ko kuba ntamuhanda ubahuza n’indi migi bituma baba mu bwigunge, cyokoze bakoze inyigo yo kuba bashyiramo igitaka cya Laterite.

Ati: "Nibyo umusaruro urahari hano muri Mataba, abaturage bacu barahinga bakeza kandi koko hari ikibazo cy’umuhanda. Ibyo bavuze nukuri, byose biterwa n’ubushobozi, hari hakozwe inyigo yuko bazatwubakira agahanda kaduhuza na Nyabarongo, mu minsi iri mbere ubwo bazadushyirirano ka laterite, bashonje bahishiwe."

Amateme ari muri uyu muhanda nayo yarangiritse ku buryo nta modoka yahatinyuka

Ubukungu bw’aturage ba Gakenke bushingiye ahanini ku buhinzi n’ubworozi, bakaba ariho bahera basaba ko bahabwa ibikorwa remezo biborohereza kugeza umusaruro ku masoko.

Yanditswe na Jean Claude Ndayambaje

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru