Mu karere ka Gatsibo, umurenge wa Rugarama akagari ka Matare abaturage barasaba kurenganurwa ngo kuko batswe amafaranga igihumbi kuri buri muryango bizezwa guhabwa amashanyarazi ariko imyaka ikaba ibaye icyenda ntamashanyarazi bahawe.
Ni bamwe mu baturage batuye mu mudugudu wa Gitsimba ya 2 mu kagari ka Matare umurenge wa Rugarama baganiriye n’umunyamakuru wa Mama Urwagasabo TV aho bavuga ko mu mwaka wa 2016 uwari mudugudu yatse abaturage amafaranga avuga ko bazahabwa amashanyarazi ariko kugeza uyu munsi bakaba ntamashanyarazi bafite.
Uwitwa Bigirimana Leonard asanzwe atuye muri aka gace yagize ati’’Twatanze amafaranga igihumbi, kuri buri muryango twizezwa ko bazaduha umuriro ariko baraza bakawuha abandi twe tugasigaramo hagati’’.
Uwitwa Nyiramariza Judith nawe avuga ko aya mafaranga koko bayatswe mu magambo ye agira ati’’Twatangaga igihumbi tukayaha uwari mudugudu icyo gihe ni nka za bibiri na cumi na gatandatu ariko turacyategereje ko twabona umuriro turabaza bakatubwira ko dutegereza’’.
Bavuga ko kuba badafite amashanyarazi biri kubagiraho ingaruka bityo ko bafashwa bakabona amashanyarazi nabo. Leonard agira ati’’Twe icyo twifuza ni umuriro natwe tugacana naho amafaranga yo ubu simpamya ko twakongera kuyabona wasanga ahubwo batwatse andi’’.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Rugarama Gisagara Edith avuga ko batari bazi iby’icyo kibazo ko bityo bagiye gukurikirana bagafasha aba baturage kurenganurwa.
Yagize ati ’’icyo kibazo ntacyo twari tuzi gusa ubwo tukimenye tugiye gukurikirana tumenye ibyacyo kandi abariye amafaranga y’abaturage babiryozwe’’.
Uyu muyobozi kandi yaboneyeho kwibutsa abaturage kujya basaba inyemezabwishyu igihe cyose basabwe amafaranga.
Kugeza ubu, Akarere ka Gatsibo kari ku ijanisha rya 70.2% mu gukwirakwiza umuriro w’amashanyarazi mu baturage, aho agera kuri 37.5% ari umuriro w’amashanyarazi usanzwe na 32.7% ukaba ukomoka ku mirasire y’izuba.


























