Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Huye: Uherutse kwegura ngo hakorwe iperereza yafunganwe n’Umuryango we

Tuesday 20 February 2024
    Yasomwe na

Tuyishime Consolation uherutse kwegura ku mwanya w’umujyanama rusange muri Njyanama y’Akarere ka Huye akaba yari n’Umunyamabanga wayo, afunganywe n’umubyeyi we, Sekuru n’abandi bo mu muryango we.

Intandaro y’ifungwa ry’uyu muturage ryahuzwa n’impamvu yo kwegura kwe, aho yanditse ibaruwa avuga ko yafashe icyemezo cyo kwegura kugira ngo atabangamira iperereza ririmo gukorwa ku bagize umuryango we, bafite ibyo bakurikiranyweho bijyanye no kudatanga amakuru ku mibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi yari imaze iminsi uboneka mu nzu zabo no mu bibanza byabo.

Iyo mibiri yagaragaye mu isambu ya Sekuru no mu butaka bwa Nyina umubyara yahawe nk’umunani, akaza kubwubakamo inzu yo guturamo.

Mu ibaruwa yasabye imbabazi mu izina ry’umuryango we. Abanyarwanda ndetse n’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatusti, amenyesha Perezida wa Njyanama Ko yitandukanyije n’imigirire mibi yo kudatanga amakuru.

Nyuma y’uko Tuyishime Consolation amaze kwegura muri Njyanama y’Akarere ka Huye, ejo hashize tariki ya 19/02/2024 Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwemeje ko yahise atabwa muri yombi.

Itabwa muri yombi rya Tuyishimire rije rikurikira irya bamwe mubo mu muryango we, aho tariki 26/11/2023, Urukiko rw’Ibanze rwa Ngoma (muri Huye) rwemeje ko abacyekwaho kudatanga amakuru yaho iyi mibiri yasanzwe bafungwa by’agateganyo mu gihe cy’iminsi 30, icyo cyemezo barakijuririye, Urukiko Rwisumbuye rwa Huye rwemeza ko nabwo kidahindutse.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru