Friday . 17 April 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 10 April » Michigan yiyongereye kuzindi leta zibuka Jenoside yakorewe Abatutsi – read more
  • 1 April » Perezida w’u Burundi yaragije Imana igihugu cye nyuma y’uko ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi bufashwe n’inkongi y’umuriro – read more
  • 31 March » Spain yafunze ikirere cyayo ku ndege z’intambara z’Amerika – read more
  • 31 March » Gakenke: Bakusanyije Miliyoni zisaga 200 zo kurengera abatishoboye – read more
  • 26 March » Perezida Kagame :Iterambere ry’amadini n’amatorero n’Igihugu gitera imbere – read more

Ibyo Ubushinwa bwohereza mu Burusiya byaragabanutse cyane muri Kanama ugereranije n’umwaka ushize

Tuesday 9 September 2025
    Yasomwe na

Amakuru aturuka mu kigo cya gasutamo avuga ko Ubushinwa ibyo bwohereza mu Burusiya bwagabanutseho 16.4% muri Kanama ugereranije n’uko byari bihagaze mu mwaka ushize. Iri gabanuka ryatangajwe na Reuters, ni ryo rikomeye ribayeho kuva muri Gashyantare, aho ibicuruzwa byoherezwa mu mahanga bingana na miliyari 6.34 z’amadolari muri Kanama, byagabanutseho 5.8% guhera muri Nyakanga.



Birajya guhura aha ngaha, aho Uburusiya ibyo bwohereje mu Bushinwa bwaragabanutseho 17.8% mu mwaka ushize bikagera kuri miliyari 7.37 z’amadolari, ibyo bikaba byaragabanutseho 6.9% guhera muri Nyakanga, nk’uko ibiro ntaramakuru by’igihugu cy’Uburusiya TASS bibitangaza. Kuva muri Mutarama kugeza Kanama, ibyo Ubushinwa bwohereza mu Burusiya bwagabanutseho 8.8%, mu gihe ibitumizwa mu Burusiya byagabanutseho 8.2%.

Minisitiri w’inganda n’ubucuruzi mu Burusiya, Anton Alikhanov, yatangaje ko ibihano bafatiwe bigendanye n’ubucuruzi bitangiye kudindiza ubucuruzi hagati yabo n’Ubushinwa, ibiri gutuma iterambere ritagerwaho kuva Ukraine yaterwa.

Igabanuka ry’ibicuruzwa byoherezwa mu Bushinwa mu kwezi gushize ribaye mu gihe hariho kutumvikana na Washington, yemeye kongera amasezerano y’imisoro ho indi minsi 90 mu ntangiriro za Kanama.

Aya makuru kandi arakurikira uruzinduko rwa Putin i Beijing, aho yitabiriye parade ya gisirikare ndetse n’inama ikomeye y’umutekano mu karere. Mu rugendo rwe, Putin yabonanye kandi na Perezida w’Ubushinwa Xi Jinping kugira ngo baganire ku gushimangira ubufatanye bw’Ubushinwa n’Uburusiya.

Mu ruzinduko rwa Perezida Putin, Gazprom, isosiyete ikora ingufu za Leta z’Uburusiya na CNPC yo mu Bushinwa bagiranye amasezerano yo kubahiriza ingufu zo guteza imbere umuyoboro wa Siberiya 2. Uyu mushinga uteganya gutwara gaze mu mirima ya Yamal y’Uburusiya mu Bushinwa unyuze muri Mongoliya mu myaka mirongo itatu iri imbere.

Byongeye kandi, Moscou na Pekin bemeye kongera ibicuruzwa binyuze mu muyoboro wa Power wa Siberiya uriho kuva kuri metero kibe 38 kugeza kuri 44 buri mwaka.

Valens NZABONIMANA

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru