Friday . 17 April 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 April » Perezida w’u Burundi yaragije Imana igihugu cye nyuma y’uko ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi bufashwe n’inkongi y’umuriro – read more
  • 31 March » Spain yafunze ikirere cyayo ku ndege z’intambara z’Amerika – read more
  • 31 March » Gakenke: Bakusanyije Miliyoni zisaga 200 zo kurengera abatishoboye – read more
  • 26 March » Perezida Kagame :Iterambere ry’amadini n’amatorero n’Igihugu gitera imbere – read more
  • 26 March » VIBE yahanze imirimo igera ku bihumbi 43,000 ku rubyiruko rwo mu Rwanda – read more

Ikibazo cy’umutekano muke muri RDCongo cyatumye Perezida Kenyatta atumiza inama y’akarere

Monday 20 June 2022
    Yasomwe na

Yanditswe NIMUGIRE Fidelia

Perezida Uhuru Kenyatta, ari nawe kuri ubu uyoboye Umuryango wa Afurika y’iburasirazuba EAC, yahamageje inama y’ibihugu byose bigize uyu muryango ngo barebere hamwe ku kibazo cy’umutekana muke n’amahoro bimaze iminsi muri DRC, nk’uko byanditswe mu itangazo rya Leta ya Kenya.

Kuri uyu wa Mbere i Nairobi mu Murwa Mukuru wa Kenya habereye Inama ya nyuma y’Abagaba b’Ingabo zo mu Bihugu bigize Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC), ugiye kurandura imitwe y’Inyeshyamba yayogoje ibintu ikazambya n’umutekano mu Burasirazuba wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ni mu gice cy’Intara eshatu ari zo Intara ya Ituri, Intara ya Kivu y’Amajyepfo n’iya Kivu y’Amajyaruguru zirimo imitwe y’Inyeshyamba irenga 120 mu yibasha kumenyekana ikigaragaza.

Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta unayoboye muri iki gihe Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba, niwe wahamagaje iyo nama y’Abagaba b’ingabo zo muri ibyo bihugu, avuga ko ikenewe cyane kugira ngo izo ngabo z’akarere zijye gufasha kugarura amahoro n’umutekano mu Ntara zashegeshwe n’inyeshyamba zimaze imyaka isaga 20 ziyogoza Uburasirazuba wa Congo kuva na mbere ikitwa Zaire.

Perezida Felix Tshisekedi aherutse gutangaza, ashinja u Rwanda gushaka kwigarurira igihugu cye ngo rwicukurire amabuye y’agaciro, yanasabye Ubwongereza gukebura u Rwanda kugirango rurekere.

Iminsi ibiri ishize umusirikare wa DRC yarashe amasasu ku bapolisi bari bari gucunga umutekano ku mupaka w’u Rwanda wa Rubavu akomeretsa babiri gusa nawe yahasize ubuzima.

Kenya niyo ihagarariye ikongera ikaba n’umuhuza wa DRC mu biganiro n’imitwe yitwaje intwaro itandukanye iba muri icyo gihugu gusa kugeza ubu ntacyo ibyo biganiro birageraho.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru