Hon. Masozera wo mu ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije mu (Rwanda Green party of Rwanda) yasabye Abarwanashyaka ko bakwiye guhangana n’ibiyobyabwenge nk’abantu baturiye umupaka.
Ibi yabigarutseho kuri iki Cyumweru ubwo yari yaje mu nama ikomatanyije n’amahugurwa y’Abarwanashyaka yabereye mu karere ka Gicumbi.
Dusengima Domithila n’umurwanashyaka wa Green Party avuga ko bagiye gukomeza kwigisha ndetse bagatangira amakuru ku gihe .
Ati”Guhangana n’ibiyobyabwenge ntabwo uhangana n’abanyirabyo ahubwo utangira amakuru ku gihe ku nzego z’umutekano, nk’abarwanashyaka ni ukubyirinda dukurikiza inama abayobozi bacu batugiriye tukabyirinda kuko biduhesha isura mbi.”
Dusabyimana Theoneste ni Chairman w’abarwanashyaka ba Green Party mu karere ka Gicumbi avuga ko bagiye gukomeza ingamba zo guhashya ibiyobyabwenge.
Ati”ibyo bintu bijyanye n’ibiyobyabwenge birahari inaha kubera ko duhanye imbibi na Uganda ndetse na Tanzania, ariko Abarwanashyaka bacu ba Green Party tubashishikariza kutajya muri ibyo bintu ubu dutahanye ingamba zo gukomeza kubyirinda cyane ko mwabonye ko twarikumwe n’urubyiruko rwinshi cyane kuko ari bo bakunda kubyijandikamo cyane twababwiye ko bagomba kugeza ubu butumwa hose mu mirenge.”
Hon.Masozera waje ahagarariye Perezida w’ishyaka rya Green Party yavuze ko umuntu w’umusinzi atajya gutanga ubutumwa ngo abayoboke bamwumve.
Ati”Umuntu agusanisha n’icyo uri cyo ntabwo waba uri umusinzi ngo ujye gutanga ubutumwa bwo kuyoboka ishyaka ryacu ngo hagire ukumva, ntabwo waba ugira urugomo ngo ujye gukora ubukangurambaga ubwo umuntu yakumva ko Abarwanashyaka ari iyo myitwarire bafite, rero turasaba Abarwanashyaka bacu dutumye kujya gushaka abayoboke kurangwa n’imyitwarire myiza.”
























