Ikipe ya APR FC yakoze imyitozo ya mbere kuri stade ya Kigali Pele aho izakinira umukino w’amajonjora y’ibanze ya CAF Champions League tariki ya 1 Ukwakira 2025, icyakirana na Pyramids yo mu Misiri.
Nk’uko tubikesha ikinyamakuru cy’iyi kipe, iyi kipe yatangaje ko abakinnyi bose bameze neza, uretse umunya Burkina Faso QUATARRA Djibril umaze igihe kinini arwaye.
Umutoza mukuru w’iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu APR FC Taleb Abderrahim, yavuze ko ikipe ye izitwara neza, ibiha icyizere abakunzi ba Nyamukandagira.
Mu magambo ye Abderrahim Taleb yagize ati: Ni ikipe nzi, hari abakinnyi bo muri Maroc harimo abo natoje hambere. Turabizi ko ari ikipe ikomeye ifite irushanwa riheruka ndetse iheruka no gutwara igikombe cya FIFA Africa-Asian-Pacific Cup. Ku ruhande rwacu ariko abakinnyi bose bariteguye gukina uwo mukino ukomeye, kandi nubwo Ouatarra(Djibril) adahari hari abandi biteguye kwigaragaza ku wa gatatu, aho nidukurikiza ibyo twitoje tuzegukana intsinzi."
Umunya MauritaniaAziz Bouh niwe uzayobora uyu mukino uzaba kuwa Gatatu tariki ya 1 Ukwakira kuri stade ya Kigali Pele Stadium.
Valens Nzabonimana
Amafoto yaranze imyitozo y’iyi kipe.






























