Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Mu mukino w’ikirarane ikipe ya Bugesera FC itsinze APR FC ibitego 2-1 mu mukino w’Umunsi wa kabiri wa Shampiyona wabaye kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 7 Ukwakira 2022.
Wari umukino wasubitswe wagombaga kuba mu kwezi kwa Nzeli ariko usubikwa kubera ko APR FC yari mu mikino Nyafurika ya CAF Champions League.
Ikipe ya APR FC ni yo yafunguye amazamu ku gitego cyinjijwe na rutahizamu Nshuti Innocent hakiri kare ku munota wa 26’.
Abafana ba Bugesera fc batangiye kwiheba gusa mu minota y’inyongera Vincent Adams yatsinze igitego cyo kwishyura, ku minota 5 yari imaze kongerwaho ku minota isanzwe y’umukino y’igice cya mbere.
Mu gice cya kabiri Bugesera fc yaje ishakisha ibindi bitego yakomeje gusatira cyane ku buryo bugaragara ndetse biza kubahira ku munota wa 48, aho umusore witwa sentoongo Seifi yateretsemo igitego bihindura isura ku kibuga cya Bugesera.
Kuba Bugesera FC yatsinze uyu mukino byatumye igira amanota 6 mu mikino ine imaze gukina aho inganya na APR FC yo ifite undi mukino w’ikirarane izahuramo na Police FC nawo utarabereye igihe.
Haribazwa igikurikiraho ku ruhande rw’umutoza wa APR Adil utiza iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu, umuntu yavuga ko atarimo kwitwara neza haba mu mukino mpuzamahanga ndetse na Shampiyona.
Abakunzi ba APR Fc batangiye gukemegwa uyu mutoza aho bavuga ko ashobora kuba arimo kubabeshya mu mitoreze ye , bagasaba ko harebwa igikorwa gishya muri iyi kipe.


























